Umunyapolitiki Robert Ssentamu Kyagulanyi uzwi muri Uganda nka Bobi Wine, yaciye mu rihumye abasirikare n’abapolisi bari bamufungiye iwe ajya kwifatanya mu myigaragambyo n’abamushyigikiye.
Kuva ku wa Kane tariki ya 18 urugo rwa Bobi Wine ruherereye i Magere mu karere ka Wakiso ndetse n’urwa Dr Kizza Besigye na we utavuga rumwe n’ubutegetsi, zigoswe n’igisirikare ndetse na Polisi ya Uganda.
Leta ya Uganda yafashe kiriya cyemezo mu rwego rwo kurinda aba banyapolitiki kwigaragambya ngo babe badobya inama y’umuryango w’ibihugu bidafite aho bibogamiye (NAM) iri kubera i Kampala.
Bobi Wine na Besigye ntibabashije kwitabira imyigaragambyo yo ku wa Kane, gusa bake mu babashyigikiye barigaragambije.
Amashusho yakwirakwijwe n’itangazamakuru ryo muri Uganda yerekana abigaragambya bateye insina n’amateke mu binogo biri mu mihanda ya Kampala, abandi babirobamo amafi.
Mu gihe byari bizwi ko Kyagulanyi afungiye iwe mu rugo, kuri uyu wa Gatanu yatunguranye agaragara mu myigaragambyo yabereye mu gace ka Katwe i Kampala.
Amafoto uyu munyapolitiki akaba n’umuhanzi yashyize ku rubuga rwe rwa X, amwerekana ari kumwe n’ababarirwa mu magana basanzwe bamushyigikiye n’ishyaka rye rya National Unity Platform (NUP).
Bobi Wine yifashishije ruriya rubuga yannyeze inzego z’umutekano za Uganda, avuga ko “Igisirikare na Polisi bari i Magere, twe turi i Katwe. Kwamagana akarengane si uburenganzira gusa, ni ibyo tugomba”.
Ubu butumwa bwakurikiye ubwo yari yanditse kare avuga ko “igisirikare na Polisi bari i Magere bakora uko bashoboye ngo Bobi Wine adasohoka, [kandi] Bobi Wine yibereye mu mujyi”.
Kugeza ubu uburyo uyu mugabo yaciye mu rihumye inzego z’umutekano za Uganda zari zamufungiye iwe akagera i Kampala biracyari urujijo.
Ntibizwi niba hari ababa bamufashije gucika cyangwa niba yaraburiwe mbere y’uko UPDF na Polisi bagera iwe bikaba ngombwa ko ahita ahava.
Mu byo Bobi Wine na bagenzi be basaba Leta ya Uganda harimo gukoresha imisiro abaturage Batanga igasana imihanda yo muri iki gihugu yangiritse cyane ndetse no kurekura abantu bose bafunzwe bazira impamvu za Politiki.


