Perezida wa Repubulika ya Congo, Denis Sassou Nguesso, yongeye gutorwa ku majwi 94.82%, nk’uko byatangajwe na televiziyo ya leta, kuri uyu wa Kabiri ushize, aguma ku butegetsi muri iki gihugu gikungahaye kuri peteroli cyo muri Afurika yo hagati amaze imyaka hafi 42 ayobora.
Abadipolomate n’abasesenguzi muri politiki bari biteze intsinzi ya Sassou Nguesso w’imyaka 82, wari uhanganye n’abandi bakandida batandatu batazwi cyane, mu matora yateguwe n’ishyaka ry’abakozi riri ku butegetsi.
Ibiro Ntaramakuru Reuters bivuga ko amashyaka akomeye atavuga rumwe nāubutegetsi yahisemo kutazatanga abakandida, avuga ko nta mucyo biteze muri aya matora.
Abandi bantu babiri mu bazwi cyane batavuga rumwe nāubutegetsi, Gen. Jean-Marie ā Michel Mokoko na Andre Okombi Salissa, bamaze hafi imyaka icumi muri gereza.


