Budaka: Imizimu y’abishwe na COVID yijujuse ngo babataburure babashyinguye nabi

Sangiza iyi nkuru

Abashinzwe kurwanya ikwirakwira rya Coronavirus muri Budaka muri Uganda, bari mu kazi katoroshye nyuma y’amakuru ko abafite ababo bishwe n’iki cyorezo, bari kwitwikira ijoro, bakabataburura kuko imizimu yabo yijujutiye ngo bashyinguwe nabi.

Abaturage bavuga ko bari kuzengerezwa n’imizimu y’abishwe na Coronavirus isaba ko bashyingurwa neza.

Umuyobozi mu Karere ka Budaka, Tom Chesol, yavuze ko mu nama y’uburyo ibikorwa byo gukumira Coronavirus, bakiriye amakuru avuga ko hari abaturage bari gutaburura abishwe na Coronavirus, ngo imizimu yabateye.

Amakuru ava mu butasi nk’uko Chesol abivuga, ni uko mu gicuku kinishye hari abaturage bari gutaburura abishwe na Coronavius.

Iyi migirire iravugwa mu isanteri ya Budaka n’ahitwa Kachomo ari naho ngo ibi biri gutegurirwa nk’uko Ugblizz ibitangaza.

Amakuru atangwa ni uko nta kindi kibitera atari imizimu iba yakamejeje ngo ba nyirayo bashyinguwe mu buryo busuzuguritse.

Imizimu y’aba ngo ” Ivuga ko itashyinguwe neza ndetse ngo irashya bitewe n’amashashi yashyizwemo mbere yo gushyingurwa.”

Ubusanzwe gushyingura uwishwe na Coronavirus bisaba ibikoresho by’ubwirinzi byabugenewe. Ni ingingo yumvikanisha ko aba baturage bashyira ubuzima bwabo mu kaga.

Bamwe mu baba muri Uganda bagira imyumvire ko uwapfuye agira umuzimu bo bita ” Omusambwa” , ushobora kugaruka gutera abasigaye igihe hari ibyo utishimiye.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV->https://www.youtube.com/channel/UC_Wx4Sy2IawVLtp5-QMRhnQ]


XMA Header Image
Bwiza TV – YouTube
youtube.com
Aa

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *