Bugingo n’umugore we batumijweho n’urukiko

Sangiza iyi nkuru

Pasiteri Bugingo Aloysius washinze akaba anayobora Itorero House of Prayer Ministries International n’umugore we wa Kabiri, Suzan Makula Nantaba, batumijwe n’urukiko rw’ i Kampala, bashinjwa ibyaha bitatu.

Umucamanza mu rukiko rw’ibanze rwa Entebbe i Kampala, Stella Okwong Paculal, yatumijeho Bugingo na Nantaba ngo bitabe urukiko kuwa 21 Mutarama 2021.

Aba baherutse kuregwa n’abanyamategeko babiri; Male Mabirizi na Robert Rutaro Muhairwe, babashinja gukora ibyaha bitatu ubwo bashyingiranwaga nk’umugore n’umugabo.

Aba bombi bareze bavuga ko Bugingo na Nantaba bifashe bagashyingiranwa kandi bizwi ko uyu mupasiteri afite umugore w’isezerano, Pasiteri Teddy Naluswa Bugingo.

Ni ibyaha bavuga ko bifite aho bihuriye n’amategeko agenga ugushyingirwa mu gihugu cya Uganda.

Bugingo nyuma yo gushyingiranwa na Nantaba kandi ataratandukana byemewe n’amategeko na Teddy, yagiye atumizwa kenshi kwitaba kuri sitasiyo ya polisi ya Kawembe ariko ntabikore.

Kuva mu 2019, Bugingo yagannye inkiko ngo ahabwe gatanya ariko byaranze, ubuhuza nabwo bwaranze mu gihe umugore we bari bamaranye imyaka 19, avuga ko atazemera kumuha gatanya. Ngo ” Ntawatandukanya icyo Imana yifatanyirije.”

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *