Abaturage bo muri Komini Mutimbuzi ho mu Ntara ya Bujumbura bahangayikishijwe n’imbunda zitunzwe n’insoresore zo mu ishyaka riri ku butegetsi, CNDD-FDD, zizwi nk’Imbonerakure, aho bivugwa ko byinshi mu byaha biri gukorwa muri iyi komini ari zo zibirinyuma. Abaturage bakaba bavuga ko ubuyobozi n’igipolisi ntacyo bukora kuri ibi bintu.
Abaturage bo muri Zone Maramvya bavuga ko urugo rw’uwitwa Angelique rwatewe n’Imbonerakure mu ijoro ryo kuri uyu wa kane ushize rishyira kuwa gatanu. Amakuru akaba avuga ko abo muri uru rugo n’abaturanyi bahise bavuza induru batabaza ntihagire icyangizwa cyangwa ngo kibwe.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Bamwe muri aba basore b’Imbonerakure, uwitwa Bizimana Ibrahim bita Mafiyeri n’uwitwa Nduwayo, ngo batabaye bari kumwe na polisi nabo bafite imbunda. Abaturage bakaba bavuga ko abo bari bateye bashobora kuba barashakaga kwangiza nk’uko ikinyamakuru RPA cyo mu Burundi dukesha iyi nkuru gikomeza kivuga.
Abaturage bo muri Maramvya bakaba bemeza ko nta joro rihita hatabayeho kwiba cyangwa ikindi cyaha. Abantu batungwa intoki buri gihe bakaba ari Bizimana Ibrahim, Nduwayo n’uwitwa Sibo ndetse banashinjwa n’abaturage ubwicanyi.
Kuri ubu rero ngo abaturage bo muri iyi zone bahangayikishijwe no gutunga imbunda kw’Imbonerakure ku kagambane k’igipolisi n’ubuyobozi. Aba bakaba basaba ko izo Mbonerakure zamburwa izo mbunda.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com


