Amakuru aturuka mu nzego z’ubuzima mu gihugu cy’u Burundi, by’umwihariko mu mujyi wa Bujumbura, aravuga ko icyorezo cya Covid-19 cyakajije umurego, bitewe n’abacyandura n’abapfa bakomeza kwiyongera ku buryo n’amavuriro abitaho avuga ko yarengewe.
Umwe mu bakozi ba bimwe mu bitaro bya leta bikorera mu Mujyi wa Bujumbura utifuje ko amazina ye atangazwa yagize ati “ Ni ukuri twarengewe n’imibare dufite y’abarwaye Covid-19, aho imyanya yabagenewe yose yuzuye ndetse n’imfu zabaye nyinshi bigaragara ko iki cyorezo kirimo kirafata intera, nk’urugero nk’uyu munsi hari umushoferi wo muri ONG bashyinguye niyo yamwishe, mu bapfuye uyu munsi harimo n’umu professeur kandi abo bose basize utwana tukiri duto aho simvuze abapfuye mu cyumweru gishize.”
Abaganga baravuga ko byabateye ubwoba
Urubuga UBMnews rwo mu Burundi dukesha iyi nkuru, ruravuga ko amakuru ava mu bitaro bitatu; ibya gisirikare, ibyitiriwe Umwami Khaled n’ibyitiriwe Igikomangoma Charles biri mu Buyenzi, aravuga ko n’abakora muri ibi bitaro batari bacye ubwabo banduye Covid-19 ndetse hari n’umuganga wari impuguke mu buvuzi muri bimwe muri ibi bitaro uherutse gupfa binemezwa na bagenzi be ko yishwe na Covid-19.
Undi ukora mu bitaro bya gisirikare wavuganye n’uru rubuga yagize ati “ Nk’aha iwacu mu Bitaro bya Gisirikare hari umu mama wakoreraga muri maternite ubu araryamye arimo aravurwa, hari n’undi mu Anesthesiste no kuremba we ararembye hari n’abandi batatu bayipimwe abo kandi ni abo tuzi neza kuko bikorwa mu ibanga rikomeye ntibigomba kumenyekana.”
Abaganga bakorera muri ibi bitaro biravugwa ko basaba leta guhindura iyi myifatire mu kurwanya icyorezo cya Covid-19 kuko kitoroshye kandi gishobora kugarika ingogo bagendeye ku bapfa buri munsi uko bangana.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


