Bujumbura: Umupolisi yarashe umunyonzi n’umugenzi yari atwaye

Sangiza iyi nkuru

Umupolisi w’u Burundi mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri ushize, yarashe umunyonzi wari uhetse umugenzi bose arabakomeretsa mu gace ka Mutakura, muri Zone ya Cibitoke, mu majyaruguru y’Umujyi wa Bujumbura.

Uyu mupolisi warashe abo bagabo babiri bari ku igare yabanje kuvugana n’umunyonzi amushinja kurenga ahantu amagare na moto bitemerewe kurenga muri icyo gice cy’umurwa mukuru w’ubukungu w’u Burundi.

Umwe mu babibonye yagize ati “ Uwo mupolisi yarashe ku itsinda ry’abanyonzi nta gutoranya. Ntibyumvikana kwitwara gutya. N’iyo haba habaye kutumvikana hagati ye n’umunyonzi, ibyo ntibisobanura ko ashobora kurasa ku bantu biturije kuri parikingi,”

Umuyobozi w’iyo parikingi we yagize ati “ Uwo mupolisi arazwi hano, iteka abona urwitwazo rwo kutwambura. Yashakaga ko mugenzi wacu amuha amafaranga ariko aranga. Yashatse guhatiriza ngo akure amafaranga macye mu mufuka natwe abandi turatabara aturasaho akomeretsa abantu babiri.”

Nk’uko iyi nkuru dukesha SOS Médias Burundi ikomeza ivuga, uyu yavuze ko bibabaje kuba umupolisi w’igihugu arasa yegereye abanyagihugu batuje bagerageza gushaka imibereho.

Umupolisi uvugwa ariko we yiregura bitandukanye n’ibivugwa. Yavuze ko aba bantu batwara abagenzi ku magare bashatse kumwambura imbunda akarasa abakanga. Gusa, ntibyabujije ko atabwa muri yombi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *