Abajura bitwaje imbunda kuri uyu wa Gatatu ushize, itariki 29 Kanama bishe abantu babiri mu gace ka Nyakaliba muri Komini ya Katundu, ho mu Mujyi wa Bukavu, muri Kivu y’Amajyepfo.
Abo bitwaje intwaro barashe umusore wari muri butike icuruza amatelefone nka saa 19h30 ku isaha yo muri Congo. Umuzamu waje atabaye nawe yarashwe amasasu bamwegereye mbere y’uko abo bajura basahura butike barangiza bagahunga bakoresheje imodoka ya Land Cruiser nk’uko ababibonye babitangaje.
Iyi nkuru dukesha Radio Okapi ivuga ko abaturage bagerageje kujyana abari bamaze kuraswa kwa muganga, ku Bitaro Bikuru bya Bukavu, ariko muganga agatangaza ko izo nkomere ebyiri zapfuye.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, abaturage ba Kadutu bari bafunze umuhanda munini uca imbere ISTM Bukavu batangira kwigaragambya, biba ngombwa ko abashinzwe umutekano batabara ariko ntibabasha guhosha uburakari bwabo. Byabaye ngombwa ko polisi ikoresha imyuka iryana mu maso mu kubatatanya.
Uku kubura umutekano kuje kwiyongera ku iyicwa ry’umusore w’imyaka 34, umurambo we wasanzwe mu muferege mu gitondo cyo kuwa Gatatu, itariki 29 Kanama, mu gace ka Ndendere.


