Uko iminsi yicuma niko ibintu bikomeza kuba bibi mu mujyi wa Bujumbura, kuri ubu mu gace ka Kanyosha abantu bitwaje intwaro binjiye mu kabari kazwi ku izina rya “King Bar” bamisha amasasu mu bicaga akanyota babiri bahita bahagwa.

Nk’uko bitangazwa n’ikinyamakuru Bishasha cyo mu Burundi, ngo abo bantu baje bambaye imyenda ya gisirikare, bamaze kurasa urwo rufaya rw’amasasu ngo bahise bagenda abashinzwe umutekano basanga izo nkozi z’ibibi zigiye.
Ibi bibaye nyuma y’iminsi mike nabwo mu gace ka Ngagara abantu baje bitwaje ibirwanisho barashe amasasu menshi mu kabari ahitana abantu 3, ubu abantu bakaba baratashywe n’ubwoba bakaba basigaye batinya kwinjira mu kabari n’ahandi hateranira abantu benshi.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengiyumva Philipe/Bwiza.com


