Bamwe mu basirikare bakuru bavuze ko batunguwe n’ibikoresho abaherutse gutera ibirindo byabo mu gace ka Mabayi mu ntara ya Cibitoke bari bitwaje. Bahamya ko igitero nkacyo bari bagiheruka kera.
Aya makuru tuyakesha ikinyamakuru Sunday Times ku makuru cyakuye kuri bamwe muri aba bofisiye batigeze batangarizwa amazina.
Iki gitero cyagabwe ku musozi wa Twinyoni mu gace ka Mabayi gaherereye mu ntara ya Cibitoke hafi y’ishyamba rya Kibira bivugwa ko abagabye igitero ari ryo baturutsemo.
Bari bafite ibikoresho bigezweho nk’uko byemezwa n’umwe mu bofisiye:
” Abasirikare bacu batunguwe no kubona abicanyi bambaye imyambaro ikingira amasasu (Bullet Proof), ndetse n’amataratara y’ijoro (night vision). Turatekereza ko atari inyeshyamba zibiri inyuma.”
Amakuru kuri iki gitero kandi yemejwe n’Umuvugizi wa Minisiteri y’Ingabo mu Burundi, Maj. Emmanuel Gahongano kuri uyu wa 18 Ugushyingo kuri televiziyo y’Igihugu.
” Agatsiko k’abitwaje intwaro kateye ku birindiro by’ingabo ku musozi wa Twinyoni.” Maj. Gahongano.
Iki kinyamakuru kivuga ko mbere y’igitero, kampani ya Twinyoni yarimo abasirikare b’u Burundi 90. Igisirikare kimaze kwemeza 9 bapfuye, 15 babonetse barimo n’abakomeretse n’abandi benshi babuze, bagishakishwa mu ishyamba rya Kibira.



2 Responses
Burundi: Abasirikare bakuru batunguwe n’ibikoresho abaherutse gutera Mabayi bari bitwaje
Ntagushidikanya n ingabo z u Rwanda zateye Uburundi kugirango bace agasuzuguro k Uburundi. Gusa turibaza niba u Rwanda ruzarwana izi ntambara zose ruteza. Congo Uganda Burundi ndetse na Tanzania kuko iyo uteye Burundi uba uteye Tanzania. Abanyarwanda rero bitegure akagiye kutubaho.
Burundi: Abasirikare bakuru batunguwe n’ibikoresho abaherutse gutera Mabayi bari bitwaje
Ntagushidikanya n ingabo z u Rwanda zateye Uburundi kugirango bace agasuzuguro k Uburundi. Gusa turibaza niba u Rwanda ruzarwana izi ntambara zose ruteza. Congo Uganda Burundi ndetse na Tanzania kuko iyo uteye Burundi uba uteye Tanzania. Abanyarwanda rero bitegure akagiye kutubaho.