Visi perezida w’Inteko ishinga amategeko y’u Burundi, Agathon Rwasa, aramagana icyemezo cyo kumuhindurira abasanzwe bamurinda bitewe n’impungenge z’umutekano we kuva mu 2010.
Biravugwa ko Agathon Rwasa wari usanzwe urindwa n’abasirikare kuri ubu yahawe uburinzi bw’abapolisi, ariko akaba atishimiye iki cyemezo nk’uko yabigaragaje mu ibaruwa yandikiye ababishinzwe asaba guhagarika iki cyemezo.
[xyz-ihs snippet=”google”]
Muri iyi baruwa, Agathon Rwasa agaragaza impungenge ku mutekano we, avuga ko yahoranye kuva mu 2010 , asaba umukuru w’ingabo z’u Burundi ko yakomeza kurindwa n’abasirikare.
Iyi nkuru dukesha urubuga UBMNews ikaba ivuga ko benshi bahise batangira kwibaza impamvu zatumye ahindurirwa abamurinda, bagakeka ko leta yaba yatangiye gushaka uko imukura mu kibuga cya politiki kugirango ntazabe imbogamizi mu matora yo mu 2020.
Agathon Rwasa akaba yandikiye umugaba mukuru w’ingabo z’u Burundi amubwira ko yatunguwe n’iki cyemezo cyafashwe atabwiwe impamvu, asaba ko iki cyemezo cyahagarikwa.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com


