Iyimurwa ry’abanyururu 25 bavanwa muri Gereza ya Mpimba bajyanwa muri gereza za Gitega na Rumonge mu Burundi rihangayikishije abaharanira uburenganzira bwa muntu, cyane ko ngo ibi bikorwa ninjoro. Nk’uko byatangajwe na perezida w’ishyirahamwe APRODH, ngo abatanze ayo mabwiriza bari bafite umugambi wo kwivugana abo banyururu.
Biravugwa ko abanyururu 25 bari bafungiye muri Gereza nkuru ya Mpimba kuwa Mbere, itariki 05 Nzeri, bagiye bahamagarwa amazina umwe ku wundi hakurikijwe lisiti. Bashyizwe mu modoka ya polisi berekezwa muri Gitega.
Perezida wa APRODH, Pierre Claver Mbonimpa avuga ko bakurikiraniye hafi icyo gikorwa. Avuga ko yatangajwe n’iryo yimurwa ryo mu masaha y’ijoro. Yagize ati: “Bose uko ari 25 babanje guca muri gereza ya Gitega, abandi 15 bakomereje muri Gereza ya Rumonge; ariko kubw’ibyago hari ninjoro. Kwimura abanyururu ninjoro, ni uburyo bw’ihungabana n’iyicarubozo mu mwuka. Niyo mpamvu twamaganye iryo yimurwa ry’ijoro.” Yongeyeho ko aba banyururu bajyanywe mu magereza yavuzwe abo mu miryango yabo akaba ari ho babasanga.
Iyi nkuru dukesha RPA ivuga ko benshi muri aba banyururu ari imfungwa za politiki ziganjemo abayoboke b’ishyaka MSD nk’uko perezida wa APRODH yakomeje abitangaza mbere yo kongeraho ko iki gikorwa cyaba cyari gifite ibindi bintu bikihishe inyuma.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
@bwiza.com



