Burundi: Babiri bakekwaho gukorana n’abitwaje intwaro bavuga Ikinyarwanda, bafashwe

Sangiza iyi nkuru

Urwego rwa gisirikare rushinzwe iperereza mu Burundi, rwataye muri yombi uwitwa Denis Uwimana n’undi witwa Clément bakekwaho gukorana n’abitwaje intwaro bavuga Ikinyarwanda, bashinze ibirindiro mu ishyamba rya Kibira riri mu majyaruguru y’uburengerazuba bw’iki gihugu.

Nk’uko SOS ibivuga, aba bombi baterewe muri yombi muri Komini Mabayi (yegereye u Rwanda) mu Ntara ya Cibitoke, tariki ya 18 Werurwe 2021 ubwo bari mu modoka berekeza mu Ntara ya Bujumbura.

Umwe mu bari aho aba bagabo baterewe muri yombi, yagize ati: “Bafatiwe mu modoka yari yerekeje i Bujumbura, ubuyobozi bwa Komini Mabayi butabimenyeshejwe.”

Abaturage bo muri Komini Mabayi babwiye uru rubuga ko ubusanzwe Denis na Clément “bazwiho” gufasha abitwaje intwaro bavuga Ikinyarwanda, babaha intwaro ndetse n’ibibatunga, ndetse ngo “batawe muri yombi kenshi, ariko nta gihe bararenza umunsi muri kasho.”

Ushinzwe ibikorwa mu ngabo z’u Burundi yemereye SOS ko aba bagabo batawe muri yombi, gusa ngo “iperereza riracyakomeje.”

Itabwa muri yombi rya Denis na Clement rije rikurikira amakuru y’imirwano yavugwaga mu ishyamba rya Kibira mu minsi ishize, hagati y’ingabo z’u Burundi n’abitwaje intwaro bo mu mitwe ya FLN na FDLR irwanya Leta y’u Rwanda.

Ribaye kandi nyuma y’amakuru avuga ko abahagarariye ingabo z’u Rwanda n’iz’u Burundi tariki ya 17 Werurwe 2021 ku biro bishinzwe abinjira n’abasohoka i Bweyeye muri Rusizi, baba baragiranye ibiganiro birebana n’umutekano wo ku mbibi, bakemeranya guhererekanya amakuru yerekeye ubutasi.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *