Perezida Nkurunziza w’u Burundi yasabye inzego z’umutekano gushakisha abanyamahanga baba muri iki gihugu mu buryo bunyuranije n’amategeko bagasubizwa iwabo mbere y’uko kinjira mu matora y’umukuru w’igihugu azaba mu 2020.
Ibi umukuru w’igihugu yatangaje byasubiwemo n’umuvugizi we, Jean Claude Karegwa, ku itariki ya 7 Gicurasi 2019. Ashimangira ko hakomeza kugaragara urujya n’uruza rw’abantu mu ntara zihana imbibi n’ibihugu by’ibituranyi, nk’iya Bujumbura, Ngozi na Bubanza.
Yagize ati “Umukuru w’Igihugu cy’u Burundi yasabye ko abategetsi bakora kugira ngo bagumishe ijisho kuri abo banyamahanga baba mu Burundi mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Ibyo birareba igipolisi, Komite z’umutekano, abaturage hamwe n’ubuyobozi”
Ikinyamakuru UBM News gitangaza ko yakomeje avuga ko hari na bamwe bazamburwa telefoni zigezweho (Smartphones) kugira ngo hirindwe ikwirakwizwa ry’amakuru atariyo mu gihe begereje amatora.
Â
Â


