Bucura bwa Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, ari mu bacyesheje ibirori by’umunsi mukuru w’ubwigenge bwa kiriya gihugu byabaye tariki ya 01 Nyakanga.
U Burundi bwizihizaga isabukuru y’imyaka 59 bumaze buhawe ubwigenge n’u Bubiligi.
Akarasisi k’ibyiciro bitandukanye by’abantu, imyiyereko y’abakomando, imbyino n’indirimbo; biri mu byakesheje biriya birori.
Mu matsinda y’urubyiruko yiyerekanye imbere y’abarimo Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Edouard Ngirente witabiriye biriya birori, arimo irizwi nka ‘Bene Ntare’, ‘Les majorettes’ n’iryitwa ‘Abagendera iragi’.
Itsinda ‘Bene Ntare’ ribarizwamo abahungu 150 n’abakobwa 150, ni ryo ribarizwamo umwana muto mu bana umunani ba Perezida Ndayishimiye, cyo kimwe na mukuru we usanzwe ari Kapiteni waryo.
Akarasisi k’aba bana bari bambaye imyambaro y’umweru dede kari mu byaryoheye abatari bake, kugeza uyu munsi aho abakoresha imbuga nkoranyambaga bakomeje guhererekanya amafoto n’amashusho yabo bagaragaza ko bacyesheje biriya birori.
Abenshi batoye ifoto y’uriya mwana wa Ndayishimiye nk’iyahize izindi mu zaranze biriya birori.








Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV->https://www.youtube.com/channel/UC_Wx4Sy2IawVLtp5-QMRhnQ]



4 Responses
Burundi: Bucura bwa Perezida Ndayishimiye mu bacyesheje ibirori by’ubwigenge (Amafoto)
Barundi, ubutaha nihabaho ibirori mujye mushyiraho abo bana bambaye imyeru kuko nibo batanga icyizere cyejo hazaza. Naho Bariya basaza bambaye za kotebu rwose abenshi bafite amaraso mu ntoki no ku rurimi ntimukajyr mubagarura.
Burundi: Bucura bwa Perezida Ndayishimiye mu bacyesheje ibirori by’ubwigenge (Amafoto)
Barundi, ubutaha nihabaho ibirori mujye mushyiraho abo bana bambaye imyeru kuko nibo batanga icyizere cyejo hazaza. Naho Bariya basaza bambaye za kotebu rwose abenshi bafite amaraso mu ntoki no ku rurimi ntimukajyr mubagarura.
Burundi: Bucura bwa Perezida Ndayishimiye mu bacyesheje ibirori by’ubwigenge (Amafoto)
Mukomere indarangabye naho mĂ» Rwanda abashumba bahambye Umunsi du bwigenge kuko ubibutsa uko kalinga yavuyeho none barayigaruye
Burundi: Bucura bwa Perezida Ndayishimiye mu bacyesheje ibirori by’ubwigenge (Amafoto)
Mukomere indarangabye naho mĂ» Rwanda abashumba bahambye Umunsi du bwigenge kuko ubibutsa uko kalinga yavuyeho none barayigaruye