Burundi: FIJ iramagana itabwa muri yombi ry’abanyamakuru bafatiwe ahagabiwe igitero

Sangiza iyi nkuru

Ishyirahamwe Mpumahanga ry’Abanyamakuru, FIJ (Fédération International des Journalistes) ryamaganye itabwa muri yombi ry’abanyamakuru bane bafatiwe mu ntara ya Bubanza/Burundi aho umutwe witwaje intwaro wagabye igitero ku wa 22 Ukwakira 2019.

Aba banyamakuru bafashwe bose bakorera ikinyamakuru Iwacu ni Christine Kamikazi, Agnes Ndirubusa, Egide Harerimana, Terence Mpozenzi ndetse n’umushoferi wabo, Adolphe Masabarakiza.

Aba banyamakuru bakekwaho kuba barahamagaye bamwe mu bagize uyu mutwe byavuzwe ko waturutse muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo. FIJ yo ivuga ko atari icyaha ko umunyamakuru yatunga nimero ya telefone y’abarwanya ubutegetsi cyangwa se inyeshyamba kuko ari akazi kabo.

Inkuru ya BBC ivuga ko iri shyirahamwe ryanatangaje ko rizashakira aba banyamakuru ababahagarira mu mategeko kugira ngo babone ubutabera.

SOS Media ivuga ko hari impungenge ku buzima bw’aba banyamakuru bamaze kwimurwa aho bari bafungiwe (muri gereza y’intara ya Bubanza), bakajyanwa kuri sitasiyo ya polisi ya Bubanza. Biri kuvugwa ko ahantu bafungiwe batigeze bemererwa kwitwaza ibyo kuryamaho bari bagenewe na Croix Rouge, ari habi kandi bakaba batabona n’amazi yo kunywa.

Ku wa 21 Ukwakira, abaturage bo mu Burundi bavuze ko muri Komine eshatu z’intara ya Bubanza harimo na Musigati, hanyuze abitwaje intwaro ziremereye baturutse muri Congo/Kinshasa, bakaba barakekaga ko binjiye muri Pariki ya Kibira. Muri Musigati bahashimutiye abaturage 20 baje kurekurwa nyuma, bahicira n’umupolisi. Abaturage batangiye guhunga utu duce kuko bikangaga intambara.

Habaye umukwabu wakozwe n’abashinzwe umutekano, cyane igisirikare cy’u Burundi cyahanganye na bo, hakicwa inyeshyamba 14 nk’uko Minisiteri y’Umutekano yabitangaje. Red Tabara ni yo yigambye iki gitero ku wa 23 Ukwakira.

Aba banyamakuru ba Iwacu bakoraga inkuru icukumbuye muri Komine ya Musigati, ari na ho habereye urugamba hagati y’ingabo z’u Burundi n’abigambye ko ari Red Tabara. Polisi y’igihugu yatangaje ko ubu bari mu maboko y’ubushinjacyaha.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *