guillaume-37ca4-900x570

Burundi: Gen. Bunyoni amaze ukwezi kurenga mu bitaro acunzwe bikomeye

Sangiza iyi nkuru

Uwahoze ari Minisitiri w’Intebe w’u Burundi, Alain Guillaume Bunyoni, akomeje kuba mu Bitaro by’Akarere ka Gitega mu murwa mukuru wa politiki, aho akomeje kwitabwaho bya hafi kuva ku itariki ya 9 Ukwakira 2025 nk’uko amakuru ava mu nzego z’ubuvuzi avuga.

Umwe mu bashinzwe ubuzima, utifuje ko amazina ye atangazwa, yerekanye ko Gen. Bunyoni “yagiye yoroherwa mu minsi yashize.” Abaganga batanu b’inzobere, barimo radiologue, na psychologue, bamugeraho buri cyumweru bavuye i Bujumbura, umurwa mukuru w’ubucuruzi aho ibigo by’Umuryango w’Abibumbye n’ubuyobozi bukuru byiganje.

Nubwo akomeje gukurikiranirwa hafi, uwahoze ari minisitiri w’intebe avuga macye cyane. Nk’uko amakuru menshi abivuga, akomeje guhahamurwa cyane n’imyaka irenga ibiri yamaze mu kato muri kasho yamuteguriwe bidasanzwe, atabonana n’abandi bafunzwe.

Yari yemerewe gusa iminota 30 yo kota izuba ku munsi mu gikari gito gisa nk’ahaba inkoko, nk’umutangabuhamya yabibwiye SOS Medias Burundi dukesha iyi nkuru.

Aravurwa ariko acunzwe cyane

Biravugwa ko Bunyoni yitaweho n’itsinda ryita ku kuzanzamura abantu ryo mu Bitaro by’Akarere ka Gitega.

Umutangabuhamya avuga ko icyumba cye cya VIP gikomeje gucungwa n’umukozi wo mu kigo cy’igihugu gishinzwe iperereza, mu gihe abapolisi bagera kuri cumi na batanu bagenzura byimazeyo ku bwinjiriro n’aho basohokera hatandukanye aho arwariye.

Nk’uko amakuru amwe abivuga, uwahoze ari minisitiri w’intebe afite ikibazo cyo kurya. Umugore we, Hyacinthe Niyonkuru, akora nk’umurwaza, mu gihe usibye we n’abana babo, nta bandi bemerewe kumusura.

IMG 20231108 WA0000

Mbere yo gufatwa mu 2023, Alain Guillaume Bunyoni yafatwaga nk’umwe mu nkingi za mwamba za CNDD-FDD, uwahoze ari umutwe w’inyeshyamba uri ku butegetsi kuva mu 2005.

Nk’uko amakuru aturuka mu nzego z’umutekano agera kuri SOS Médias Burundi abitangaza, abajenerali benshi baherutse kwegera umukuru w’igihugu bamusabira imbabazi, aho bavuze ko “Yamaze kwishyura ibyaha bye; agomba kwemererwa gusubira mu rugo naramuka ashoboye kuva mu bitaro”.

Igihano gikaze cyemejwe mu 2024

Ku itariki ya 27 Kamena 2024, Urukiko rw’Ikirenga rwemeje igihano cyo gufungwa burundu uwahoze ari minisitiri w’intebe.

Yaciwe kandi miliyari 22.7 z’amafaranga y’u Burundi, usibye kwamburwa umutungo we wose utaratangajwe mbere y’itariki ya 3 Kamena 2021, umunsi yamurikiyeho umutungo we wa nyuma.

Mu byo yarezwe harimo: guhungabanya umutekano w’igihugu, kugerageza kwica Perezida Évariste Ndayishimiye akoresheje amarozi, umugambi wo guhirika ubutegetsi bugendera ku itegekonshinga, guhungabanya imikorere myiza y’ubukungu bw’igihugu, gutuka umukuru w’igihugu na minisitiri w’intebe, no gutunga intwaro mu buryo butemewe n’amategeko.

Kugeza ubu Bunyoni wakatiwe gufungwa burundu, yatanze icyifuzo muri Gashyantare 2025 cyo gusubiramo urubanza rwe.

[contact-form][contact-field label=”Name” type=”name” required=”true” /][contact-field label=”Email” type=”email” required=”true” /][contact-field label=”Website” type=”url” /][contact-field label=”Message” type=”textarea” /][/contact-form]

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *