Burundi: Hafashwe 50 bakekwaho kuba abarwanyi n’ibikoresho bya gisirikare

Sangiza iyi nkuru

Amakuru aturuka mu Burundi aravuga ko mu gitondo cyo kuri uyu wa kane hari abantu 50 bafashwe mu ijoro ryo kuwa Gatatu, bamanukanwe muri Bujumbura ku biro bikuru by’iperereza aho ngo aba bantu bose bamanukanwe bapfutswe mu maso batareba iyo bajya. Aba bantu ngo bakaba ari abarwanyi baturutse mu Rwanda.

[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Nk’uko ibiranga aba bantu byabigaragaje, 23 muri bo bavuka muri Bururi, 12 muri kayanza, babiri muri Mwaro, naho abandi basigaye ngo ntiharamenyekana aho bavuka..Biravugwa ko bafashwe kuwa gatatu bageze ahitwa mu Kizuka, muri Komini Rumonge ho mu Ntara ya Rumonge ngo bari muri Hiace 3 zari zivuye I Bujumbura.

Capture

Igipolisi cy’u Burundi mu Ntara ya Rumonge cyatangaje ko muri iyo modoka abo bantu bafatiwemo cyasanzemo imbunda 4 zo mu bwoko bwa Karachnikov, grenades 7, amasasu 1669 ya kalachnikov, chargeurs 12 zuzuye amasasu, imyambaro 11 ya gisirikare, n’ibindi birimo n’imyambaro y’igipolisi gishinzwe kurinda inzego z’igihugu (API).

yu

Iyi nkuru dukesha urubuga rwo mu Burundi, Ubmnews, ikomeza ivuga ko ibyo bikoresho byose byari bifunyitse nk’ibicuruzwa, abategetsi muri Rumongi bakemeza ko abo bantu biganjemo urubyiruko, ari abarwanyi bari bavuye mu Rwanda, ngo bari bagiye gukorera mu majyepfo y’igihugu mu ntara za Rumonge na Bururi.

gf

Andi makuru ava mu Ntara ya Rumonge ariko avuga ko abo bantu bafashwe ngo ari abagenzi bari barimo kujya mu Rumonge ntacyo bazi kuri ibyo birwanisho byafashwe, mu gihe igipolisi cyo kivuga ko iperereza ryatangiye.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter

@bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *