eshqxktwmaep138.jpg

Burundi: Hafashwe abarimo abasaza rukukuri bahungabanyaga umutekano

Sangiza iyi nkuru

Polisi y’u Burundi, kuri uyu wa 19 Mutarama 2021 yeretse itangazamakuru agatsiko k’abahungabanyaga umutekano bitwaje intwaro, barimo abasaza rukukuri.

Aba bafatiwe mu gace ka Gishiha, Zone ya Maramvya muri Komini ya Burambi mu Ntara ya Rumonge, bikavugwa ko kahungabanyaga umutekano muri Komini ya Burambi, Mugamba mu Ntara ya Bururi na Mugongomanga mu Ntara ya Bujumbura.

eshqxktwmaep138.jpg Bari bakikijwe n’abaturage benshi

Muri operasiyo yo gufata abakagize, habanje imirwano hagati yabo n’abapolisi baje kwica Côme Niyongabo (wahoze mu ngabo z’u Burundi), ukekwaho kuba umuyobozi wako, bafata abandi bane ari nabo beretswe itangazamakuru. Hafashwe imbunda eshanu za Kalashnikov (AK47).

Kuva mu 2015, aka gatsiko ngo kishe abaturage 26, gakomeretsa abandi bagera kuri 11.

Nk’uko bigaragara mu nkuru y’umuryango SOS/Burundi yo ku wa 17 Mutarama, Côme Niyongabo uvugwaho kuba umuyobozi w’aka gatsiko yishwe arashwe tariki ya 16 Mutarama, muri Gishiha.

Yari amaze igihe ashakishwa ndetse Polisi imushinja kurema umutwe witwaje intwaro ugamije guhungabanya umutekano, yari yarashyizeho igihembo cy’amafaranga y’Amarundi 3,500,000 yagombaga kuzahabwa uzaranga aho yihishe.

Soma inkuru y’urupfu rwa Niyongabo hano https://bwiza.com/?Burundi-Come-Niyongabo-wahigwaga-bukware-n-inzego-z-umutekano-yishwe

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *