Burundi: Harikangwa amanyanga mu itangwa ry’indangamuntu mu gihe amatora yegereje

Sangiza iyi nkuru

Mu nama yo gutegura ishyirwaho ry’abagize komisiyo y’amatora yigenga ku rwego rwa komini (CECI) yabaye ku wa Kane mu murwa mukuru wa politiki w’ u Burundi, Gitega, Musenyeri Évariste Nijimbere, umwepiskopi wa diyosezi y’Abangilikani ya Buhiga, yamaganye uburiganya bumaze kugaragara mu gihe amatora yegereje .

Musenyeri Nijimbere avuga ko muri 2020, hagaragaye abantu bafite indangamuntu ebyiri cyangwa zirenze. Kuri we, igisubizo ni indangamuntu ikoranye ikoranabuhanga igomba guhagarika ibi bikorwa.

Nk’uko bitangazwa na SOS Media Burundi, Musenyeri Nijimbere yerekana ko igihe ntarengwa cyo kuva ku itariki ya 12 kugeza ku ya 16 Kanama cyagenwe cyo gutanga amadosiye y’abagize komisiyo ishinzwe amatora yigenga ku rwego rwa komini (CECI) ari gito cyane, cyane cyane ko, nkuko abivuga, bagomba gushaka ibyemezo byo gutura.

Daniel Manirakiza, ukuriye ishyaka rya Sahwanya FRODEBU mu ntara ya Gitega, avuga ko atumva akamaro k’ibyemezo byo gutura, avuga ko iyi nyandiko itagaragara ku rutonde rw’ibisabwa kugira ngo umuntu abe umukozi wa CECI.

Mu gihe umuryango w’abayisilamu udahagarariwe haba muri CENI cyangwa muri CEPI, uhagarariye COMIBU (Umuryango w’abayisilamu bo mu Burundi) mu ntara ya Gitega, Alizadi Minani, arasaba guhagararirwa muri CECI.

Igikorwa cyo kubarura abazatora biteganyijwe ko kizahera ku itariki ya 22 kugeza ku ya 31 Ukwakira 2024.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *