ez5ifurxsamrrsu.jpg

Burundi: Imfungwa ziherutse guhabwa imbabazi na Perezida Ndayishimiye zatangiye gufungurwa

Sangiza iyi nkuru

Imfungwa za mbere ziherutse guhabwa imbabazi na Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi mu mpera z’umwaka ushize zatangiye gutaha guhera kuri uyu wa Mbere, itariki 26 Mata, mu gihe minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’iki gihugu yatangiye uruzinduko mu Burayi, ari narwo rwa mbere mu myaka ine ishize umuyobozi mukuru w’u Burundi agiriye kuri uyu mugabane.

Imfungwa zikabakaba igihumbi zarekuwe muri Gereza Nkuru ya Mpimba, i Bujumbura kuri uyu 26 Mata, mu muhango wari uyobowe na Perezida Ndayishimiye ubwe.

ez5ifurxsamrrsu.jpg

Nk’uko iyi nkuru dukesha RFI ivuga, ni imfungwa zigera ku 3000 zigomba gufungurwa kugeza kuri uyu wa Kabiri, itariki 27 Mata, ninjoro, nk’uko byatangajwe na minisitiri w’ubutabera, Jeanine Nibizi. Izindi mfungwa kandi 2000 zagabanyirijwe ibihano kugeza muri kimwe cya kabiri muri urwo rwego.

Umwe mu mpirimbanyi z’uburenganzira bwa muntu ubarizwa mu buhungiro, Pierre-Claver Mbonimpa, ati “ Biraruta ubusa”. Yongeyeho ko nubwo bimeze gutyo ariko gereza zo mu Burundi zikirimo ubucucike bukabije, aho muri Werurwe habarurwaga imfungwa zigera mu 13,500 mu gihe zifite ubushobozi bwo kwakira 4200.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *