Burundi:Imitima y’Abatinganyi yatangiye kujabuka no guhumeka insigane kubera P. Ndayishimiye

Sangiza iyi nkuru

Abaryamana bahuje ibitsina bakunze kwita Abatinganyi bo mu Burundi batangiye kujabukwa imitima nyuma y’ijambo rya Perezida Ndayishimiye aherutse kubatangazaho.

Aba baryamana bafite ibitsina biteye kimwe ngo bafite ubwoba , nyuma y’uko Perezida Evariste Ndayishimiye, atangaje ko bakwiye kujya bajyanwa muri stade bagaterwa amabuye.

Ibi yabitangaje mu cyumweru gishize ubwo yaganiraga n’abaturage ndetse n’itangazamakuru ubwo yabazwaga uruhande Uburundi buherereyeho ku ngingo y’abatinganyi, avuga ko nibanaboneka muri iki gihugu bakwiye kujya bajyanwa ku karubanda bagaterwa amabuye.

Icyo gihe yagize ati: “Nkabo bantu bahuza ibitsina babisangiye, bakwiye kwegeranyirizwa hamwe nko muri Stade, maze abantu ba kabatera amabuye kugeza baheze umwuka.”

Ishyirahamwe “Umuco,”riharanira uburenganzira bw’abahuza ibitsina biteye kimwe mu Burundi, batangarije ijwi rya Amerika ko ijambo rya perezida, ryabakuye umutima.

Bati” Ni ukuri ibyo Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yatangaje ntibyari bikwiye kuvugwa n’umukuru w’igihugu.Erega ni uburenganzira bwabo kandi bikwiye k’ubahirizwa nk’abandi bose baba babana rero abahuza ibitsina ba bisangiye ni kimwe n’abandi.”

Iri shyirahamwe rivuga ko ibi Ndayishimiye yatangaje , asa n’uwashishikarije ubwicanyi ku buryo umuntu ashobora kubyitwaza ahohotera mugenzi we.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *