Burundi: Inzego z’umutekano zatahuye ububiko bw’intwaro Leta itari izi

Sangiza iyi nkuru

Inzego z’umutekano mu gihugu cy’u Burundi zatahuye ahantu hari hahishe intwaro za gisirikare mu gace ka Rusabagi, Komini Burambi, Intara ya Rumonge.

Polisi y’u Burundi itangaza ko izi ntwaro zafashwe mu mpera z’icyumweru gishize, zikaba zirimo ibitoyi 400 by’amasasu y’imbunda ya mitarayezi (Mitrailleuses),  amasasu 200 y’imbunda ya Kalachnikov, imbunda irasa roketi (lance-roquettes), bombe,…

Nk’uko ikinyamakuru Iwacu kibitangaza, ngo umutwe w’abarwanyi waba warahishe izi ntwaro muri aka gace, ntabwo wari wamenyekana, abaturage baho bagatangaza ko bafite impungenge z’umutekano w’ubuzima bwabo.

Abaturage bavuga ko bafite impungenge z’impanuka bashobora gutezwa n’izo ntwaro zigiye zinyanyagiye hirya no hino muri ako gace. Gusa ngo ni ibintu byumvikana bitewe n’uko aka gace ngo kagiye kagabwamo ibitero mu ntambara zo mu 1993.

Abaturage bakaba basaba inzego za Leta z’umutekano gukora umukwabo wo guhiga intwaro n’abaturage ubwabo baba bagihishe.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *