Burundi: Loni ivuga ko ifite ibimenyetso bikomeye ku byaha by’ubwicanyi byakozwe no gufata abakobwa ku ngufu

Sangiza iyi nkuru

Loni iratangaza ko ifite ibimenyetso bikomeye ku byaha byo guhohotera ikiremwamuntu bihavugwa, byerekana ko habaye ubwicanyi buteye ubwoba, ihohotera, gufata abakobwa ku ngufu n’ibindi.

Icyegeranyo cyasohorewe i Geneva, gitanga amakuru arambuye ku byo abacyanditse bavuga ko abasirikare b’igihugu bahungabanyije amategeko kenshi. Ibyo ngo byakozwe kuva muri Mata 2015, igihe umukuru w’igihugu Pierre Nkurunziza yafataga ingingo y’uko aziyamamaza muri manda ya gatatu.

Icyo cyegeranyo kirimo ibyerekana ubwicanyi buteye ubwoba, ihohotera, gufata abakobwa ku ngufu n’ibindi nkuko abakoze iryo perereza babivuga.

Ibyo ngo bikaba byakozwe mu ntangiriro n’abo mu kigo gishinzwe iperereza, polisi hamwe n’ingabo, nkuko bigaragara mu nkuru ya VOA.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Abantu babarirwa mu bihumbi bahunze u Burundi, bashaka kutagirwaho ingaruka n’ubwo bwicanyi.

Abakoze iryo tohoza basohoye urutonde rurerure rw’ibyo basaba leta y’u Burundi, birimo guhagarika ubwicanyi, gufungura abantu bose bafunzwe ku mpamvu za politiki hamwe no kuvugurura urwego rw’ubucamanza.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Icyo cyegeranyo gisaba ko urukiko Mpuzamakungu Mpanabyaha (CPI/ ICC) nayo yokora iperereza ryayo, ngo kuko ibisabwa u Burundi bisa naho bitakubahirizwa.

Iki gihugu cyamaze kwivana mu bigengwa na ICC mu mwaka ushize. Bushaka gutanguranwa n’isohorwa ry’iki cyegeranyo.

Kanda hano ubone amakuru yihuse kandi ku gihe kuri Facebook no kuri twitter

Ntakirutimana Deus/bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *