Burundi: Nubwo leta ivuga ko yanze kwitabira ibiganiro n’ubundi ntiyari yabitumiwemo

Sangiza iyi nkuru

Mu gihe leta y’u Burundi kuri uyu wa Gatatu yatangaje ko itazitabira ibiganiro biyihuza n’abatavuga rumwe nayo, umuhuza muri ibi biganiro, Benjamin Mkapa we yatangaje ko n’ubundi itari yabitumiwemo.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa kane, itariki 16 Gashyantare ubwo byari biteganyijwe ko ibi biganiro bitangira, umuhuza yabanje guhura n’abahoze ari ba perezida: Sylvestre Ntibantunganya, Domitien Ndayizeye na Pierre Buyoya wahageze mu gitondo cyo kuri uyu wa kane.

Umuhuza Benjamin Mkapa wigeze kuba perezida wa Tanzania, yatangaje ko iyi nshuro yari ukugerageza koroshya umwuka wa politiki uri mu Burundi hagamijwe kureba ko abanyapolitiki bahunze igihugu bataha.

[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Amakuru y’ingenzi yo kumenya nk’uko umuhuza yabitangaje, nuko Guverinoma y’u Burundi itari yatumiwe kuri iyi nshuro nubwo yo ivuga ko ubutumire bwayigezeho kuwa 13 Gashyantare nk’uko iyi nkuru dukesha ikinyamakuru cyo mu Burundi, Iwacu, ivuga. Intumwa za CNDD-FDD ngo zikaba zitegerejwe I Arusha nk’uko amakuru ava ku begereye umuhuza avuga.

Akantu gasa nk’agashya ngo kabereye ahabera ibiganiro nk’uko umunyamakuru w’iki kinyamakuru dukesha inkuru yabitangaje, ngo mu gitondo cyo kuri uyu wa kane haje Abantu bagera kuri batatu bafite ibyapa n’ibendera ry’u Burundi, bakora imyigaragambyo basaba ko Abaswahili bakwemerwa nk’ubwoko ariko baza kuhakurwa n’igipolisi cyahise kibata muri yombi.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter

Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *