Burundi: Perezida Ndayishimiye n’umufasha we mu kato nyuma yo gukubuka i Malabo

Sangiza iyi nkuru

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye n’umufasha we, Angeline Ndayubahe, baruhukiye mu kato k’amasaha 72 nyuma yo gukubuka mu ruzinduko rw’iminsi itanu mu gihugu cya Guinea Equatorial.

“Tuvuye mu gihugu coronavirus ikirimo, ntawamenya, twaririnze ubwo twari turiyo, ndetse n’uyu munsi dukomeje kwirinda. Ariko nta wamenya kubera ko murabizi ko virus inyura mu mwuka,” ibi ni ibyatangajwe na Perezida Ndayishimiye kuri uyu wa Gatandatu ubwo yari akubutse i Malabo.

Perezida w’u Burundi yongeyeho ko iki cyemezo cyo kwishyira mu kato kiri mu rwego rwo gukomeza ubukangurambaga bwo kurwanya Covid-19 bwiswe “Nakize sinanduza abandi”.

Ati: “Niba waranduye, ni ngombwa kwirinda kwanduza abandi. Ubu rero tugiye gupimwa n’abaganga b’inzobere ngo turebe niba mu by’ukuri turi bazima.”

Nk’uko iyi nkuru dukesha urubuga Iwacu-Burundi ikomeza ivuga, Perezida Ndayishimiye yaboneyeho gusaba abagenzi, by’umwihariko abaturuka mu bihugu bikirimo Covid-19, kubaha ingamba z’ubwirinzi.

Ibi yabisabye kandi mu gihe kuri uyu wa 08 Ugushyingo, Ikibuga cy’Indege Mpuzamahanga Melchior Ndadaye, gisubukura imirimo yacyo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *