Burundi: Ubushinjacyaha bwasabye ko abanyamakuru bafatiwe ahagabwe igitero bakatirwa imyaka 15

Sangiza iyi nkuru

Ubushinjacyaha mu Burundi bwasabye urukiko ko rwakatira abanyamakuru bo mu b’ikinyamakuru cya Iwacu ndetse n’umushoferi wabo igifungo cy’imyaka 15.

Abasabiwe iki gihano ni : Terence Mpozenzi, Agnes Ndirubusa, Egide Harerimana, Christine Kamikazi na shoferi Adolphe Masabarakiza. Bafashwe batara amakuru muri komine ya Musigati mu ntara ya Bubanza tariki ya 22 Ukwakira 2019, aho abitwaje intwaro byavuzwe ko baturutse mu Majyepfo y’Iburasirazuba bwa Repubulika Ihananira Demukarasi ya Congo.

Aka gatsiko k’abarwanyi byavuzwe ko karaye muri Pariki y’Igihugu ya Kibira, ingabo z’igihugu zihangane na ko, abantu bagera kuri 14 bahasiga ubuzima. Umutwe wa Red Tabara urwanya ubutegetsi bw’u Burundi ni wo wigambye iki gitero.

Ubushinjacyaha bwasabye ko aba banyamakuru baba bafunzwe bubashinja icyaha cy’ubufatanyacyaha mu guhungabanya umutekano w’igihugu, iki ni na cyo busaba ko bafungirwa iyi myaka 15.

Ifungwa ry’aba banyamakuru ryanenzwe n’Umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu (Human Right Watch) wavuze ko ari ibintu bibabaje kubona hafungwa abanyamakuru b’ikinyamakuru kigenga rukumbi wavuze ko gisigaye mu Burundi.

Muri uku kwezi, abadepite 38 b’i Burayi bandikiye Minisiteri y’Ubutabera mu Burundi basaba ko aba banyamakuru bafungurwa kuko ngo bageze muri Musigati habereye igitero bagamije kumenya ukuri. Aba badepite bavuze ko batewe impungenge n’abanyamakuru bafungwa bazira akazi kabo.

Leta y’u Burundi yakomeje kuvugwamo umutekano muke ku baturage, kutubahiriza uburenganzira bw’ikiremwamuntu ndetse no kutabaho ubwisanzure bw’itangazamakuru.

Ibinyamakuru mpuzamahanga birimo BBC na Radio Ijwi ry’Amerika ntibigikorera muri iki gihugu gusa byagiye bitangazwa ko ibi binyamakuru bitangaza ibinyoma, ku kibazo cy’umutekano mu Burundi ho ngo urahari, ababivuga baba bashaka guhindanya isura y’igihugu.

Urukiko ruzafata umwanzuro ku ifungwa ry’aba banyamakuru n’umushoferi mu minsi 30.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *