Mu gihugu cy’Uburundi haravugwa amakuru y’itabwa muri yombi ry’umunyapolitiki wahoze ari ambasaderi n’umunyamakuru umwe mu bazwi muri iki gihugu aho bakurikirayweho ibyaha bitandukanye.
Ni amakuru yemejwe n’igipolisi aho ngo aba bafashwe bashinjwa ibyaha birimo kwangisha ubutegetsi abaturage ndetse no gukwirakwiza ubutumwa bw’amacakubiri muri rubanda.
Ikinyamakuru SOSMĂ©diasBurundi dukesha iyi nkuru, kivuga ko abatawe muri yombi ari MĂ©dard Muhiza, wahoze ari umudipolomate wemewe i Kinshasa muri RDC (Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo) n’umunyamakuru Kenny Claude Nduwimana usanzwe azwi mu Burundi.
Uyu munyamakuru ngo afunzwe n’ubutasi bw’Uburundi nyuma yo gufatwa mu ntangiro z’iki Cyumweru, gusa nta byinshi butangaza ikivugwa n’uko ngo yakoresheje imbuga nkoranyambaga mu gukwirakwiza urwango rwo kwangisha Abahutu Abatutsi muri iki gihugu, mu gihe uyu Muhiza we akurikiranyweho ibindi byaha birimo ubutekamutwe bugamije kwambura abantu, ubucuruzi butemewe ndetse n’ubujura.
Minisiteri ishinzwe ububanyi n’amahanga ngo iherutse gutangaza ko MĂ©dard Muhiza yahamagawe ahita atabwa muri yombi ari kumwe n’umunyagihugu wa DR .Congo ku wa gatanu ushize ku muhanda wa Bujumbura-Uvira (Kivu y’Amajyepfo).
Nk’uko SOSMédiasBurundi ikomeza ivuga, ngo mbere yo gufatwa hari makuru yari yamenyekanye ko abo bantu bombi bari bafite imbunda kandi biteguraga kwiba.
Uyu MĂ©dard Muhiza yanahoze ari umujyanama wa perezida Pierre Nkurunziza ubwo yari akiri umukuru w’Igihugu cy’Uburundi.


