Claudine Umutesi uri mu maboko y’inzego z’ubutasi z’u Burundi kuva kuwa gatandatu ushize yaba agiye kwirukanwa ku butaka bw’u Burundi akagarurwa mu Rwanda.
Amakuru agera kuri SOS-Media aravuga ko, inzego z’ubutasi z’u Burundi (SNR) rwafashe icyemezo cyo gusubiza mu Rwanda, bikaba byemejwe kuri uyu wa kane, itariki 11 kanama 2016 n’umukozi w’izi nzego ndetse n’umwe mu baharanira uburenganzira bwa muntu.
Amakuru akaba anakomeza avuga ko hari n’abandi bantu babiri birukanwe I Burundi bakoherezwa mu Rwanda.
Muribuka ko Claudine Umutesi, ari umubyeyi w’abana batatu, akaba yarafashwe kuwa gatanu ushize ubwo iwe hasakwaga mu gace ka Mutakura. Uyu akaba ari Umunyarwandakazi ariko washakanye n’Umurundi.
Nyuma yo gufatwa yajyanywe muri kasho ya Zone Cibitoke, mbere yo kohererezwa inzego z’ubutasi mu Murwa Mukuru, Bujumbura.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Abo mu muryango we bakaba bakeka ko yafashwe gusa kubera ko ari Umunyarwandakazi kuko ngo nyuma yo kwereka ibyangombwa bye abapolisi bahise bamutwara nta bisobanuro bitanzwe.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com



