Burundi: Umusirikare wa leta yiciwe mu mutego w’inyeshyamba abandi barakomereka

Sangiza iyi nkuru

Nyuma y’imirwano twabagejejeho hagati y’ingabo z’u Burundi n’abantu bitwaje ibirwanisho batamenyekanye kuwa Gatanu, mu ijoro ryo kuwa Gatandatu habaye indi mirwano muri Komini ya Bukeye, mu Ntara ya Muramvya bivugwa ko yaguyemo umusirikare umwe abandi bane barimo umusivili bagakomereka.

Nkuko bitangazwa na SOS Médias Burundi , ngo iyi mirwano yabaye ahagana saa tatu n’igice z’ijoro ubwo abasirikare bari bagiye gusimbura bagenzi babo bagwaga mu gico cy’inyeshyamba zitaramenyekana.

Igitero cyabereye mu mudugudu wa Rurarenda-Rwatsinda muri Komini Bukeye mu ishyamba rya Kibira ahari habereye imirwano yo kuwa Gatanu.

Ayo makuru avuga ko umusirikare umwe yishwe abandi batatu bagakomereka ndetse n’umusivili umwe nk’uko byemejwe n’umuyobozi wa Zone Rwatsinda, Venant Nzokira.

Muri iki gice n’ubundi hakaba hari habereye imirwano hagati y’ingabo z’u Burundi n’abo bitwaje ibirwanisho bataramenyekana, aho imibare yashyizwe ahagaragara yavugaga ko hishwe inyeshyamba ebyiri hagafatwa n’imbunda ya AK-47 n’amasasu menshi nyuma y’imirwano y’amasaha menshi.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *