Burundi : Umuturage yihanukiriye atuka Abategetsi b’u Burundi ko ari abarwayi bo mu mutwe

Sangiza iyi nkuru

Marigarita Barankitse yifashe ku gahanga atuka abategetsi b’u Burundi avuga ko ari abarwayi bo mu mutwe. Ibi bibaye nyuma leta y’u Burundi ifatiye icyemezo cyo gufunga ibitaro bye n’amakonte y’ibitaro.
Nyuma y’uko amakonte y’ibitaro bya Rema biherereye mu ntara ya Ruyigi ndetse ibi bitaro bigasenywa n’abakozi ba leta bakabisahura noneho leta yafashe icyemezo cyo kwegukana ibi bitaro bikava mu maboko ya Marigarita Barakankitse.

LEAD Technologies Inc. V1.01
Marigarita Barankitse

Ibikorwa byo kwegukana ibi bitaro ku mugaragaro bizakorwa kuri uyu wa gatandatu tariki ya 20 Gashyantare 2016.
Gusa leta y’u Burundi ntitangaza impamvu ifashe iki cyemezo cyo kwegukana ibitaro by’umuturage cyangwa ngo igaragaze amakosa Marigarita Barakankitse yakoze.
Ubwo yavuganaga n’itangazamakuru , Madame Marigarita Barakankitse yihanukiriye yifata ku gahanga avuga ko abamutwariye ibitaro ari abagome.
Ati “ ni bagombe babomore nzokubaka ibindi nta guhangana n’abarwayi bo mu mutwe. Sinumva ukuntu umuntu yinjira mu nzu atubatse atarwaye mu mutwe rero ngo nibinjire bazasohoka”
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Alphonse Munyankindi / Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *