Umuvunyi Mukuru w’u Burundi, Edouard Nduwimana, aratangaza ko nta bindi biganiro hagati y’abatavuga rumwe mu Burundi bizongera kuba.
Ibi Bwana Nduwimana yabitangarije mu itangazo yasomye kuri uyu wa Gatatu ushize, aho yamaganaga ibyatangajwe n’Akanama k’Umutekano ka Loni gahamagarira Abarundi gusubira ku meza y’ibiganiro.
Edouard Nduwimana aravuga ko nta bindi biganiro bizongera kuba ahubwo abanyapolitiki batangira kwitegura amatora yo mu 2020. Uyu akavuga ko mu Burundi hari umutekano n’amahoro ugendeye ku kuntu amashyaka agenda akomeza gushing ingoro zayo mu ntara z’igihugu bikagaragaza ko hari ibiganiro hagati y’amashyaka na leta.
Edouard Nduwimana kandi yiyamye umuntu wese uzashaka kubuza Abarundi inzira y’amatora abashyiramo umwuka mubi nk’uko iyi nkuru dukesha UBMNews ikomeza ivuga.
Ariko, Nduwimana wemera ko hakunze kuba imidugararo ku ngoro zimwe z’amashyaka nka CNDD-FDD na CNL, arasaba abashinzwe umutekano n’ubutabera gufata abo bantu bahungabanya umutekano kuri izo ngoro.
Umuvunyi Mukuru w’u Burundi kandi yasabye Abarundi bahunze gutaha kugirango bazabashe kwitabira amatora yo mu 2020, baziyamamaze ndetse banatore ariko ngo ibi ni ku batarashyiriweho impapuro zo kubata muri yombi.
Ibiganiro hagati ya Leta y’u Burundi n’abatavuga rumwe nayo biheruka byabaye mu Ukwakira umwaka ushize, ubwo byamaraga iminsi itanu ariko bikarangira ntacyo bigezeho ndetse umuhuza, Benjamin Mkapa agatangaza ko birangiye hasigaye gutanga raporo nubwo abatavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Burundi bo bavuze ko umuhuza asa nk’uweguye kuko yasoje ibiganiro nta muti ufatika atanze.


