Pierre Buyoya wigeze kuba Perezida w’u Burundi, yashyinguwe kuri uyu wa Gatatu tariki ya 17 Nyakanga nyuma y’imyaka ikabakaba ine apfuye.
Pierre Buyoya yategetse u Burundi muri manda ebyiri, hagati ya 1987 na 1993 ndetse na hagati ya 1996 na 2003, mbere yo gupfa mu Ukuboza 2020 azize icyorezo cya COVID-19.
Kuri uyu wa Gatatu ni bwo yashyinguwe n’abo mu muryango we ahitwa i Rutovu mu majyepfo y’u Burundi.
Uyu mugabo ushinjwa kujya ku butegetsi akoreye Coup d’état Melchior Ndadaye, nyuma yo gupfa yari yarashyinguwe by’agateganyo i Bamako muri Mali, mbere y’uko umurambo we utabururwa ukajya gushyinguranwa n’abasokurikuza be.
Amakuru avuga ko uyu muryango washoboye kumushyingura mu Burundi nyuma yo kubanza gusaba Leta y’iki gihugu uburenganzira bwo gucyura umurambo we no kuwushyingura.
Buyoya waherukaga kwegura ku nshingano zo kuba Intumwa Nkuru y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe mu karere ka Sahel, yapfuye nyuma y’amezi abiri ubutabera bw’u Burundi bumukatiye igifungo cya burundu.
Byari nyuma yo kumuhamya kugira uruhare mu rupfu rwa Ndadaye; ibyo we yari yarakunze guhakana.



One Response
Buyoya wabaye Perezida w’u Burundi yashyinguwe nyuma y’imyaka 4 apfuye
Uyu niwe watanze igihugu agiha Abamenja none kigeze ahags. Ngo cyari ikimanye.