Rutahizamu Byiringiro Lague w’ikipe ya APR FC, kuri uyu wa Kabiri yasabye anakwa umukunzi we Uwase Kelia bitegura kurushingana.
Mu cyumweru gishize ni bwo uyu musore w’imyaka 21 y’amavuko yari gusaba akanakwa umukunzi we, gusa bihurirana no kuba we na bagenzi be bariteguraga umukino wa CAF Confederation Cup wagombaga kubahuza na RS Berkane yo muri Maroc.
Uyu mukino wabaye ku Cyumweru gishize APR FC iwutsindwa ku bitego 2-1, inahita isezererwa.
Kuri uyu wa Kabiri ni bwo ubukwe bwa Lague watsinze igitego muri uriya mukino bwasubukuwe, bubera ahazwi nka Luxury Garden.
Lague yari ashagawe n’abakinnyi bagenzi be barimo Buteera Andrew bakinanye muri APR FC ari na we wamubyaye muri batisimu.
Yari yambariwe kandi n’abarimo Nshuti Innocent, Rwabuhihi AimĂ© Placide, Nsabimana Aimable n’abandi.
Biteganyijwe ko Lague na Kelia bahamiriza isezerano ryabo imbere y’Imana mu muhango ubera mu itorero rya Philadelphia Rhema Church, Kimironko aheruka kubatirizwamo, nyuma abatumiwe bakaza kwakirirwa muri Luxury Garden.


