Rutahizamu w’Ikipe y’Igihugu Amavubi, Meddie Kagere, na bagenzi be bakinana muri Simba Sports Club, kuri uyu wa Gatandatu bategerejweho ibitangaza bibageza muri 1/2 cy’irangiza cya CAF Champions league.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu ni bwo Simba Sports Club yakira Kaizer Chiefs yo muri Afurika y’Epfo, mu mukino wo kwishyura wa 1/4 cy’irangiza cya CAF Champions league ubera i Dar es Salaam muri Tanzania.
Ni nyuma y’ubanza iyi kipe yatunguriwemo muri Afurika y’Epfo, ikawunyagirwamo ibitego 4-0.
Ibi bivuze ko Simba isabwa byibura ibitego 5-0 kugira ngo igere muri 1/2 cy’irangiza.
Ni Simba ihanze amaso ba rutahizamu bayo bonyine bamaze gutsinda ibitego 43 muri shampiyona ya Tanzania, ugereranyije na Kaizer Chiefs imaze gutsinda ibitego 29 byonyine muri shampiyona ya Afurika y’Epfo.
Ba rutahizamu nka Meddie Kagere, Kapiteni John Bocco, Chrispain Mugalu, Luis JosĂ© Miquisone, Rally Bwalya n’abandi; bose bahanzwe amaso kugira ngo bafashe Simba kwikura mu nzara za Kaizer Chiefs.
Abakinnyi nka Clatous Chama ukina afasha ba rutahizamu, Mohammed Hussein na Shomari Kapombe bakina ku mpande na bo bari mu bahanzwe amaso muri uyu mukino.
Umukino wa Simba na Kaizer Chiefs urabera kuri Stade yitiriwe Benjamin Mkapa i Dar es Salaam Simba itaratsindirwaho umukino n’umwe cyangwa ngo iwunganye muri CAF Champions league y’uyu mwaka.


