AS Kigali imaze gusezerera Orapa United yo muri Botswana mu ijonjora ry’irushanwa rya CAF Confederations Cup, iyitsinze igitego kimwe ku busa.
Ni umukino wo kwishyura wabereye kuri Sitade ya Kigali i Nyamirambo, aho iyi kipe y’i Kigali yasabwaga gutsinda kugira ngo ikomereze mu kindi cyiciro cy’iri rushanwa.
Intego yayo yayigezeho ibifashijwemo n’umunya-Nigeria Lawal Aboubakar wayitsindiye ku munota 89.
Mu mukino ubanza wabereye muri Botswana tariki ya 29 Ugushyingo 2020, Orapa United yatsinze AS Kigali ibitego 2 kuri 1 cyatsinzwe na none na Lawal Aboubakar.
Nyuma y’iyi mikino yombi, aya makipe yanganyije ibitego 2-2, A.S ikomeza ibitekesheje igitego yatsindiye hanze (ku kibuga cya Orapa United).
Nyuma yo gusezera Orapa United, A.S Kigali izakina na KCCA FC yo muri Uganda.


