Ku wa Kabiri tariki ya 7 Mutarama 2025 Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yatangaje urutonde rw’amakipe 17 yamaze kubona itike yo kwitabira Igikombe cya CHAN 2024 kizabera muri Kenya.
Aya makipe ni Kenya, Tanzania, Uganda, Maroc, Guinée, Sénégal, Mauritanie, Niger, Burkina Faso, Nigeria, Repubulika ya Centrafrique, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Congo, Sudani, Zambia, Angola na Madagascar.
CAF yongeye kuvuga ko ibindi bihugu bibiri biziyongeraho nyuma y’imikino y’amajonjora iri hafi gusozwa.
Ku rundi ruhande, u Rwanda rwari rwabonye intsinzi mu mikino y’amajonjora yo ku rwego rwa kabiri ubwo rwasezereraga Sudani y’Epfo mu buryo bw’igitego cyo hanze.
Nyuma y’iyo ntsinzi yabaye tariki ya 28 Ukuboza 2024, Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryakomeje gutegereza icyemezo cya CAF ku kuba Amavubi yazitabira iri rushanwa.
Kugeza ubu, FERWAFA ivuga ko gutegereza bigoye haba mu gutegura ikipe mu gihe hataramenyekana niba izitabira.
Tombola y’uburyo amakipe azahura muri CHAN 2024 izaba tariki ya 15 Mutarama 2025 muri Kenya. Ibi bisobanuye ko igihe gisigaye ari gito kugira ngo amakipe yose yemezwe.
Amakuru akomeje kuvugwa ni uko CAF iri kuganira mu ibanga na Algeria kugira ngo iki gihugu cyitabire irushanwa, nubwo mu kwezi kwa Nzeri 2024 cyari cyatangaje ko kitazakina.
Gushyiramo Algeria, CAF ivuga ko bishobora kuzamura urwego rw’irushanwa muri Afurika y’Amajyaruguru aho ibihugu byari bisigaye ari Maroc gusa.
Impuzamashyirahamwe nka CECAFA yo muri Afurika y’Iburasirazuba izaba ifitemo amakipe menshi (atanu), harimo Uganda, Kenya, Tanzania, Sudani n’u Rwanda mu rwakwemezwa ni mu gihe izindi mpuzamashyirahamwe nka UNIFFAC (Afurika yo Hagati) na COSAFA (mu Majyepfo) zizaba zifitemo amakipe make.
Nyuma yo kubona ko hasigaye ibyumweru bitatu gusa ngo irushanwa ritangire, hari impungenge ku migendekere yaryo, cyane cyane ku bijyanye no gutegura amakipe asigaye ataramenyekana.


