Kenya-fans-1-1536x1024

CAF yahannye Kenya

Sangiza iyi nkuru

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yafatiye ibihano Kenya kubera ibibazo byagaragaye mu mukino wa CHAN 2024 wabereye kuri Stade Mpuzamahanga ya Moi i Kasarani, ku Cyumweru tariki ya 3 Kanama 2025, ubwo ikipe y’igihugu ya Kenya, Harambee Stars, yakinaga na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

CAF yasabye Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Kenya (FKF) kwishyura amande angana na miliyoni 2.5 z’amashilingi ya Kenya (ahwanye na miliyoni 27.9 z’amafaranga y’u Rwanda), kubera amakosa agaragara yakozwe ku bijyanye n’umutekano.

Raporo y’umukozi wa CAF ushinzwe umutekano yagaragaje ko FKF yarenze ku ngingo ya 82 n’iya 83 z’amategeko agenga imyitwarire ya CAF, aho hagaragayemo imvururu n’imyitwarire idahwitse mu gihe Kenya yatsindaga DRC igitego 1-0.

Ibibazo byagaragaye birimo:

Akavuyo ku muryango wa 11 winjira muri sitade.

Moto yacaga hagati y’imbaga y’abantu, bigatera impungenge.

Abafana bacanye umuriro (fire flare) mu kibuga.

Abakozi ba CAF hamwe n’abafatanyabikorwa batemererwa kwinjira mu myanya y’abanyacyubahiro (VVIP).

Abashinzwe umutekano bagaragaje imyitwarire mibi, batoteza abakozi ba CAF n’abaterankunga b’irushanwa.

CAF yibukije Kenya ko nibasubira muri ayo makosa bashobora gufatirwa ibindi bihano bikomeye, cyane ko iri rushanwa rya CHAN 2024 baryakira bafatanyije na Uganda na Tanzania.

Si Kenya yonyine yahanwe, kuko n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Tanzania (TFF) ryaciwe amande angana na $10,000 nyuma y’uko abafana batubahirije amabwiriza y’umutekano mu mukino Tanzania yakinnyemo na Burkina Faso kuri Stade Benjamin Mkapa.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *