Wasili yishongoye kuri APR FC

Umunyamakuru akaba n’umukunzi ukomeye wa Rayon Sports, Uwizeyimana Sylvestre uzwi cyane ku izina rya “Wasili”, yongeye gutera urwenya kuri APR FC. Ibi byavuzwe nyuma y’uko Brig. Gen. DĂ©o Rusanganwa, Chairman wa APR FC atangaje ko bateguye irushanwa bise “Inkera y’Abahizi”, mu rwego rwo kwitegura imikino ya CAF Champions League n’umwaka w’imikino wa 2025/26. Mu kiganiro […]
Korea y’Epfo: Hasabwe impapuro zo guta muri yombi uwahoze ari First Lady

Abashinjacyaha bo muri Koreya y’Epfo basabye icyemezo cyo guta muri yombi Kim Keon Hee wahoze ari umudamu wa mbere, nyuma y’umunsi umwe ahaswe ibibazo akekwaho kuba yaragize uruhare mu byaha bya ruswa no kwivanga muri politiki. Umushinjacyaha udasanzwe Oh Jung-hee mu kiganiro n’abanyamakuru yagize ati: “Twasabye icyemezo cyo guta muri yombi Kim saa 1:21 (0421 […]
U Bubiligi bwagiriye abaturage babwo inama yo kwirinda intara 6 za RDC

Guverinoma y’u Bubiligi yasabye abaturage b’iki gihugu kwirinda gukorera ingendo zitari ngombwa mu ntara esheshatu zo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kubera umutekano muke ukomeje kuraharangwa. Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga mu itangazo yasohoye, yasabye Ababiligi kwirinda gukorera ingendo mu ntara zirimo Kivu y’Amajyaruguru, iy’Amajyepfo, Ituri, Tanganyika, Maniema na Tshopo. Iyi Minisiteri kandi yagaragaje […]
Congo izakira inteko rusange ya CAF

Umujyi wa Kinshasa, umurwa mukuru wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), niwo wemejwe nk’uzakira Inteko rusange ya 47 isanzwe y’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), izaba ku wa Mbere, tariki ya 6 Ukwakira 2025. Icyemezo cyo kuzakirira iyo nama cyatangajwe mu itangazo ryashyizweho umukono i Nairobi na Me Belinda Luntadila Nzunzi, uyoboye Komite ishinzwe […]
Uganda: Sandra Teta yatawe muri yombiÂ

Polisi ya Uganda yatangaje ko yataye muri yombi Umunyarwandakazi Sandra Teta, imukekaho gukomeretsa ku bushake umugabo we akanaba n’umuhanzi Douglas Mayanja ‘Weasel’. Sandra Teta afungiye mu gace ka Kabalagala. Uyu mugore yatawe muri yombi mu gihe hari amakuru avuga ko yagonze Weasel ku bushake akamuvuna amaguru yombi, nyuma yo gushwanira mu gace ka Munyonyo. Umuvugizi […]
Burundi: Abagore ba ba Jenerali biganje mu Nteko Ishinga Amategeko nshya

Abagore b’abasirikare n’abapolisi bo ku rwego rwa ba Jenerali na ba Colonel mu Burundi, biganje mu nteko ishinga amategeko nshya ya kiriya gihugu. Inteko icyuye igihe yari igizwe n’amashyaka arimo CNDD-FDD, CNL na UPRONA. Itegeko risanzwe riyigenga rivuga ko biro yayo igomba kugirwa n’abantu batatu bo mu mashyaka atandukanye, hashingiwe ku itegekoshinga ry’igihugu. Kuri ubu […]
Perezida Trump agiye guhura na Putin mu minsi iri imbere

Umukozi muri Perezidansi y’u Burusiya (Kremlin), Yuri Ushakov, yatangaje ko Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump na Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, bemeye guhura mu “minsi iri imbere”. Ibi bitangajwe nyuma y’uko Trump avuze ko hari “amahirwe” ko ashobora guhura na bagenzi be bo mu Burusiya na Ukraine bari hamwe “imbonankubone” kugira […]
Abaminisitiri 4 ba RDC bari mu ruzinduko rw’iminsi 10 muri Amerika y’Epfo

Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) imaze gutera indi ntambwe muri politiki y’ububanyi n’amahanga, aho yatangije ingendo za dipolomasi zitigeze zibaho muri Amerika y’Epfo zirimo ba minisitiri bane, kuva ku itariki ya 3 kugeza ku ya 13 Kanama 2025. Uru ruzinduko rwo muri Amerika y’Epfo rugamije gushimangira ubufatanye hagati y’ibihugu bibiri ndetse n’ibihugu byinshi, no […]
Affaire y’amafaranga ya RDF: Mucyo Antha yiyongereye mu bafunzweÂ

Biganiro Mucyo Antha wahoze ari umunyamakuru yiyongereye mu bantu bafunzwe bakurikiranweho amafaranga ya Minisiteri y’ingabo z’u Rwanda yanyereje. Amakuru avuga ko biganiro yafatiwe i Kampala muri Uganda aho yari yaragiye kureba imikino y’Igikombe cya Afurika guhuza abakinnyi bakina muri za shampiyona z’imbere mu bihugu byabo (CHAN), mbere yo kuzanwa ku mupaka wa Kagitumba aho yashyikiririjwe […]
CAF yahannye Kenya

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yafatiye ibihano Kenya kubera ibibazo byagaragaye mu mukino wa CHAN 2024 wabereye kuri Stade Mpuzamahanga ya Moi i Kasarani, ku Cyumweru tariki ya 3 Kanama 2025, ubwo ikipe y’igihugu ya Kenya, Harambee Stars, yakinaga na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. CAF yasabye Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Kenya (FKF) kwishyura […]
Ingabo za Sudani zahanuye indege y’igihugu gikomeye yari itwaye abacanshuro b’abanya-Colombia

Igisirikare cya Sudani kurwanira mu kirere ku wa Gatatu cyahanuye indege yo muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) yari itwaye abacanshuro b’abanya-Colombia, hicwa ababarirwa muri 40. Ni amakuru yatangajwe ku ikubitiro na Televiziyo y’igisirikare. Umwe mu basirikare ba Sudani utifuje gutangazwa amazina yabwiye Ibiro Ntaramakuru AFP by’Abafaransa ko iyo ndege yarashwe igashwanyagurizwa ku kibuga cy’indege […]
Matarajio ya Maridhiano ya Kidiplomasia kati ya Rwanda na Burundi Yatumbukia Nyongo Baada ya Uteuzi Tata

Tumaini la kurejesha uhusiano mwema kati ya Rwanda na Burundi limepungua tena baada ya Rais Evariste Ndayishimiye wa Burundi kumteua Waziri mpya wa Mambo ya Nje, Dkt. Edouard Bizimana, ambaye wengi wanamtaja kuwa mtu wa mgawanyiko na chuki za kikabila — hali ambayo inazidi kuonekana kwa baadhi ya viongozi wa Ukanda wa Maziwa Makuu. Tarehe […]
Le Rêve de Réconciliation Rwanda-Burundi Ébranlé par une Nomination Contestée

L’espoir de raviver les relations diplomatiques entre le Rwanda et le Burundi s’amenuise après la nomination par le prĂ©sident Evariste Ndayishimiye d’un nouveau ministre des Affaires Ă©trangères, le Dr Edouard Bizimana, que beaucoup dĂ©crivent comme un homme clivant et imprĂ©gnĂ© d’idĂ©ologies ethniques, un profil de plus en plus visible chez certains dirigeants de la rĂ©gion […]
Hope for Rwanda-Burundi Diplomatic Reconciliation Fades After Controversial Appointment

Hopes of reviving good relations between Rwanda and Burundi have once again dwindled after Burundian President Evariste Ndayishimiye appointed a new Minister of Foreign Affairs, Dr. Edouard Bizimana, a man many describe as deeply divisive and ethnically biased—traits increasingly seen among some leaders in the Great Lakes region. On August 5, 2025, President Ndayishimiye reshuffled […]
Umubano w’u Rwanda n’u Burundi ushobora kurushaho kuzamba

Icyizere cyo kongera kubyutsa umubano mwiza hagati y’u Rwanda n’u Burundi cyongeye gukendera nyuma y’uko Perezida Evariste Ndayishimiye ashyizeho Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga mushya, Dr Edouard Bizimana, benshi bemeza ko ari umuntu wamunzwe n’amacakubiri n’ivanguramoko, bikomeje kuranga bamwe mu bayobozi bo mu Biyaga Bigari. Ku itariki ya 5 Kanama 2025 nibwo Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye […]
MRDP-Twirwaneho yiyemeje kujya mu mujishi wo gutabara abaturage

Umutwe wa MRDP-Twirwaneho, uharanira inyungu z’Abanyamulenge muri kivu y’ amajyepfo, watangaje ko nubwo wifuza amahoro arambye, ariko ufite uburenganzira bwo kwirwanaho no kurinda ubuzima bw’Abanyamulenge bagabwaho ibitero n’ingabo za Leta ya Congo FARDC. Ni nyuma y’ uko mu minsi ishize igisirikari cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo gifatanyije n’imitwe yitwaje intwaro irimo FDLR, Wazalendo n’ingabo […]
Loni yikoreje M23 imfu z’abarenga 300 bo muri Rutshuru ivuga ko bishwe muri Nyakanga

Umuryango w’Abibumbye biciye mu biro byawo bishinzwe uburenganzira bwa muntu (UNJHRO), watangaje ko abantu ushinja umutwe wa M23 kwicira muri Kivu y’Amajyaruguru mu kwezi gushize bamaze kugera muri 319. Komiseri wa biriya biro, Volker Turk, kuri uyu wa Gatatu yatangaje ko abishwe barimo abagore 48 n’abana 19. Mu Cyumweru gishize UNJHRO yari yatangaje ko abishwe […]
RDC: Ubusabe bwa Mutamba bwo kuvana abacamanza 2 mu rubanza bwataye agaciro nyuma yo kwikuramo ku bushake

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 6 Kanama 2025, urukiko muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo rwafashe icyemezo ku busabe bw’uwahoze ari minisitiri w’ubutabera, Constant Mutamba, wari wasabye ko abacamanza babiri bari mu rubanza rwe bakurwamo kubera ko atizeye ko batabogama. Iki cyifuzo urukiko rwatangaje ko ntacyo kikimaze nyuma y’uko abacamanza bavugwa bikuye ku bushake […]
Teta Sandra yagonze umugabo we

Umuriro wongeye kwaka hagati ya Teta Sandra n’umuhanzi wo muri Uganda, Weasel Manizo, nyuma y’uko amugonze n’imodoka bikamuviramo gukomereka amaguru yombi, akajyanwa kwa muganga byihuse. Ibi bibaye mu gihe bari mu myiteguro y’ubukwe bwabo. Amakuru atangazwa n’ibitangazamakuru bitandukanye byo muri Uganda nka Big Eye Ug, avuga ko byabereye ahitwa Munyonyo, mu ijoro ryakeye, ubwo bombi […]