Wasili

Wasili yishongoye kuri APR FC

Sangiza iyi nkuru

Umunyamakuru akaba n’umukunzi ukomeye wa Rayon Sports, Uwizeyimana Sylvestre uzwi cyane ku izina rya “Wasili”, yongeye gutera urwenya kuri APR FC.

Ibi byavuzwe nyuma y’uko Brig. Gen. DĂ©o Rusanganwa, Chairman wa APR FC atangaje ko bateguye irushanwa bise “Inkera y’Abahizi”, mu rwego rwo kwitegura imikino ya CAF Champions League n’umwaka w’imikino wa 2025/26.

Mu kiganiro na Isango Star TV, Wasili yagaragaje ko Rayon Sports itigeze igira ubwoba bwo kwitabira iri rushanwa, ahubwo itumva impamvu yagombye kwitabira amarushanwa avuga ko adahuye n’urwego rw’imyiteguro ya Rayon Sports, nyuma yo gukina n’amakipe akomeye nka Yanga SC.

 

Wasili yagize ati: “Tubonye izina ‘Inkera y’Abahizi’, turababwira tuti nta Ntore zo kubyina dufite, twe dukina umupira. Tubabajije niba koko ari irushanwa ry’umupira, baratubwira yego, turavuga tuti icyo kirenze ubushake bwacu.”

Yakomeje avuga ko Rayon Sports yahisemo kutitabira, kuko gusubira gukina n’amakipe nka Power Dynamos FC nyuma yo guhura na Yanga SC byaba ari intambwe isubira inyuma mu myiteguro yayo.

Yunzemo ko niba APR FC yifuzaga ko izina Rayon Sports riba mu irushanwa, yahitamo hagati y’ikipe y’abatarengeje imyaka 20 cyangwa iya Rayon Sports y’Abagore yegukanye igikombe cya shampiyona, kuko ari yo yiteguye imikino mpuzamahanga.

Mu gihe Rayon Sports ikomeje kwitegura “Rayon Sports Day 2025” ibinyujije mu mikino ya gicuti, aho imaze gutsinda Miloplast FC, AS Muhanga, Gasogi United na Gorilla FC, APR FC yo iri mu myiteguro ya “Inkera y’Abahizi” aho yatumiye Azam FC na Power Dynamos FC.

Ubuyobozi bwa APR FC buvuga ko mbere y’iryo rushanwa buzatangiza ibindi bikorwa bigamije kwegera abafana no gutegura neza ikipe.

Soma Izindi Nkuru

One Response

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *