Brigadier-General Ngiruwonsanga Jean Baptiste uyoboye ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye mu karere ka Grimari muri Repubulika ya Centrafrika (CAR), kuri uyu wa 26 Mutarama 2022, yasuye ingabo z’u Burundi.
Gen. Ngiruwonsanga unayoboye ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro muri CAR, yaganiriye n’uyoboye ingabo z’u Burundi mu birindiro bya Grimari, mu Ntara ya Ouaka.
Mu butumwa uyu musirikare yahaye izi ngabo harimo kubashimira imyitwarire myiza bagaragaza muri ubu butumwa.




