IMG_20241221_102914

Cassa Mbungo yaburiye Amavubi hakiri kare 

Sangiza iyi nkuru

Umutoza Cassa Mbungo usigaye ukorera muri Sudani Y’Epfo yaburiye ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Amavubi, yitegura umukino ukomeye izahuramo na Sudani y’Epfo mu ijonjora rya kabiri ryo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cy’abakina imbere mu bihugu byabo (CHAN 2024). 

Uyu mukino ubanza uteganyijwe ku Cyumweru, tariki ya 22 Ukuboza 2024, muri Sudani y’Epfo.

Cassa Mbungo André, umutoza w’ikipe ya Jamus yo muri Sudani y’Epfo, yaburiye Amavubi ko azahura n’ikipe ikomeye ifite imbaraga mu busatirizi no mu bwugarizi.

Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru bari kumwe n’Amavubi, Cassa yavuze ko Sudani y’Epfo ifite abakinnyi bazi gukina imipira y’imiterekano.

Yagize ati: “Cyane cyane ikomeye mu busatirizi, barihuta ndetse batsinda ibitego byinshi by’umutwe bivuye ku mipira ihindurwa imbere y’izamu. Ahandi ni inyuma, bafite ba myugariro beza. Mu kibuga hagati niho badakomeye cyane.”

Cassa yavuze ko Amavubi afite amahirwe yo kwitwara neza, ashimangira ko abakinnyi bakiri bato b’u Rwanda bafite ubushobozi bwo guhangana.

Ati: “Niba abakinnyi bacu bashobora guhuza umukino neza mu kibuga hagati no kubona imipira myinshi, dufite amahirwe yo kwitwara neza.”

Umukino ubanza uzabera muri Sudani y’Epfo ku Cyumweru, tariki ya 22 Ukuboza 2024 saa 15:00, ni mu gihe uwo kwishyura uzabera kuri Stade Amahoro i Kigali, ku wa Gatandatu, tariki ya 28 Ukuboza 2024 saa 18:00.

CHAN ni irushanwa ryihariye rihuza abakinnyi bakina imbere mu bihugu byabo, u Rwanda rukaba rushaka kwitwara neza muri iyi mikino, mu gihe Sudani y’Epfo nayo ishaka kwerekana ko ari ikipe ikomeye muri Afurika.

 

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *