Centrafrica: Ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro zirasaba ubundi bufasha

Sangiza iyi nkuru

Intumwa Yihariye y’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye (UN) muri Repubulika ya Centrafrica, Mankeur Ndiaye, kuri uyu wa 21 Mutarama 2021 yatangaje ko ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro muri iki gihugu zikeneye ubundi bufasha.

Nk’uko Ndiaye unayoboye izi ngabo (MINUSCA) yabisobanuye, bigaragara ko imitwe yitwaje intwaro irwanya ubutegetsi bwa Centrafrica nk’ihuriro rya CPC, UPC, 3R, MPC, ihuriro rya FPRC na Anti-Balaka ikomeje kugaba ibitero mu bice bitandukanye by’igihugu kuva nyuma y’amatora y’Umukuru w’Igihugu yabaye tariki ya 27 Ukuboza 2020.

Bitewe n’iyi mpamvu, Ndiaye yasabye Akanama ka UN gashinzwe umutekano ko kakongerera igihe ingabo zari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo zoherejwe muri Centrafrica mu minsi ishize cyo kuba zigumyeyo, kuko muri ibi bihe zigikenewe cyane.

Yanasabye aka kanama kandi kohereza izindi ngabo 3000 kugira ngo zifashe izisanzweyo guhangana n’iyi mitwe bigaragara ko ikomeje kongera ubukana, ari nako ikomeza guhohotera abaturage.

Ati: “Ndasaba aka Kanama gusuzuma ubusabe kugira ngo MINUSCA ihangane n’ibi bihe. Niba ari ngombwa ku nshuro ya mbere (izindi ngabo 3000 zasabwe) zizafasha MINUSCA guhangana n’ibi byago.”

Ndiaye kandi yavuze ko muri iki gihe MINUSCA ihangana n’iyi mitwe yitwaje intwaro imaze kwica abasirikare bayo 7 (kuva mbere gato y’amatora), iri guhura n’imbogamizi zirimo kutagira indege za kajugujugu zigaba ibitero (attack helicopters), utudege tutagira abapilote (drones) ndetse n’abasirikare badasanzwe (special forces).

Hiyongeraho kandi ko bitewe n’uko gereza zikomeje kubamo ubucucike mu gihe MINUSCA ita muri yombi abakekwaho guhungabanya umutekano wa Centrafrica, hakenewe impuguke mu by’amagereza n’abacungagereza kugira ngo bafashe MINUSCA muri ibi bihe.

MINUSCA ubu ifite ingabo zibarirwa mu 11,000. Nk’uko Ndiaye yabitangaje, mu gihe izi 3000 zaba zoherejwe, zose hamwe zagera ku 14,650.

Soma Izindi Nkuru

6 Responses

  1. Centrafrica: Ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro zirasaba ubundi bufasha
    UN ijyaho muli 1945,intego yayo yali “kuzana amahoro ku isi”. Nyamara kuva yajyaho,hamaze kuba intambara amagana ku isi hose.Nta gihugu na kimwe yari yazanamo amahoro,ahubwo ibihugu 9 byakoze Atomic Bombs ku buryo isaha n’isaha byazikoresha zirwana isi yose igashira.Uretse guhemba ibifaranga byinshi gusa, UN yarananiwe.IBIBAZO isi ifite,bizakemurwa gusa n’Ubwami bw’imana,bisobanura ubutegetsi bw’Imana buzaza bukayobora isi,bubanje gukuraho ubutegetsi bw’abantu nkuko ijambo ry’imana rivuga.

  2. Centrafrica: Ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro zirasaba ubundi bufasha
    UN ijyaho muli 1945,intego yayo yali “kuzana amahoro ku isi”. Nyamara kuva yajyaho,hamaze kuba intambara amagana ku isi hose.Nta gihugu na kimwe yari yazanamo amahoro,ahubwo ibihugu 9 byakoze Atomic Bombs ku buryo isaha n’isaha byazikoresha zirwana isi yose igashira.Uretse guhemba ibifaranga byinshi gusa, UN yarananiwe.IBIBAZO isi ifite,bizakemurwa gusa n’Ubwami bw’imana,bisobanura ubutegetsi bw’Imana buzaza bukayobora isi,bubanje gukuraho ubutegetsi bw’abantu nkuko ijambo ry’imana rivuga.

  3. Centrafrica: Ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro zirasaba ubundi bufasha
    Nibyokoko nibafashwe bazitange izo ngabo.

  4. Centrafrica: Ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro zirasaba ubundi bufasha
    Nibyokoko nibafashwe bazitange izo ngabo.

  5. Centrafrica: Ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro zirasaba ubundi bufasha
    Ariko UN ubwo ntibona ko ishobora kuba ariyo kibazo . Ibi birababaje
    Ndetse cyane none se igihugu kizayoborwa ningabo zamahanga .
    Yewe wa si we nzabandeba
    Gusa ushaje nabi.

  6. Centrafrica: Ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro zirasaba ubundi bufasha
    Ariko UN ubwo ntibona ko ishobora kuba ariyo kibazo . Ibi birababaje
    Ndetse cyane none se igihugu kizayoborwa ningabo zamahanga .
    Yewe wa si we nzabandeba
    Gusa ushaje nabi.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *