Centrafrique: Abatari bake biciwe mu gitero cy’inyeshyamba

Sangiza iyi nkuru

Abantu 22 barimo n’umusirikare umwe wo mu ngabo za Repubulika ya Centrafrique, bapfuye nyuma y’igitero abitwaje intwaro bagabye mu gace ka Ngaoundaye gaherereye mu majyaruguru ashyira uburengerazuba bw’icyo gihugu.

Amakuru y’iki gitero yemejwe na Ernest Bonang usanzwe ari umudepite mu nteko ishinga amategeko ya Centrafrique.

Uyu yabwiye Radiyo Mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI) ko uretse 22 biciwe muri icyo gitero, hari n’abandi bantu babarirwa mu icumi bakomeretse.

Bivugwa ko icyo gitero cyagabwe n’abantu bibumbiye mu mutwe wa ‘3R’, ugizwe ahanini n’aborozi, bagabye igitero ahari ibirindiro by’ingabo za Centrafrique.

Abarwanyi bo muri uwo mutwe ngo bateye bitunguranye, bituma bica uwo mubare munini w’abantu ushobora no kwiyongera kuko hari abantu baburiwe irengero, amakuru yabo akaba atazwi niba barapfuye cyangwa se bariho.

Guverinoma ya Centrafrique mu itangazo yasohoye, yamaganye kiriya gitero cyo ku wa Gatanu tariki ya 22 Ukuboza, ivuga ko yatangije iperereza rigamije kumenya abakiri inyuma.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *