CHAN: RDC yari ifite icyuho gikomeye mu bakinnyi, yazamutse iyoboye itsinda

Sangiza iyi nkuru

Ikipe y’umupira w’amaguru ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo yitabiriye irushanwa rya CHAN, yazamutse ku cyiciro cya ¼ iyoboye itsinda B yari iherereyemo, n’ubwo yari ifite icyuho gikomeye mu bakinnyi.

RDC yari ifite abakinnyi 12 barimo abazamu babiri, ndetse n’umutoza mukuru, Florent Ibenge banduye icyorezo cya Covid-19, ku mukino wa nyuma mu matsinda wabaye kuri uyu wa 25 Mutarama 2021, yatsinze Niger ibitego 2-1.

Iyi kipe ijya gukina na Niger, yari izigamye amanota 4 yakesheje intsinzi yakuye kuri Repubulika ya Congo n’umukino yanganyijemo na Libya, nyuma y’aho abakinnyi bayo 4 biganjemo abagombaga kubanza mu kibuga bari bamaze kugaragaraho iki cyorezo.

Muri iri tsinda, ikipe ya RDC iri ku mwanya wa mbere n’amanota 7, iya Repubulika ya Congo iri ku mwanya wa kabiri n’amanota 4; ni zo zabashije gukatisha itike ya ¼ cy’irushanwa. Ni mu gihe iya Niger yari ifite amanota 2 na Libya yari ifite inota 1, zasezerewe.

Abakinnyi 12 ba RDC banduye Covid-19: Ley Matampi (umuzamu), Serge Mukumi Mulamba, Andy Bikoko, Doxa Gikanji Djo Issama Mpeko, Mercey Ngimbi, Merveille Kikasa, Atibu Radjabu, Philippe Kinzumbi, Nathan Mabruki Tshumu (umuzamu), Rick Tulenge na William Likuta. Aba banduye mu matariki ya 17, 20 na 24 Mutarama 2021.

Abakinnyi 11 babanje mu mukino wa RDC na Niger: Siadi Ngusia Baggio, Nathan Idumba Fasika, Ernest Luzolo Nsita, Masasi Amede, Makabi Glody, Wadol Djuma Shabani, Ciel Ebengo Ikoko, John’s Kabangu Kadima, Miche Mika Miche, Henock Inonga Baka na Chico Ushindi wa Kabanza.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *