Ikipe ya Chelsea yo mu Bwongereza yatangaje ko yamaze gutandukana n’Umudage Thomas Tüchel wari umutoza wayo mukuru.
Iyi kipe y’i Londres yemeje aya makuru ibinyujije ku rubuga rwayo rwa Internet, imushimira akazi gakomeye we na Staff ye bayikoreye mu minsi bari bayimazemo; karimo kuyihesha UEFA Champions league ya 2021, UEFA Super Cup ndetse n’Igikombe cy’Isi cy’ama-Clubs.
Chelsea yijeje Tüchel ko azahorana “umwanya ukwiye mu mateka” yayo.
Kugeza ubu ntibaramenyekana umutoza ugomba gusimbura Thomas Tuchel wari umaze umwaka n’igice ari umutoza wa Chelsea, nyuma yo kuyigeramo avuye muri PSG yo mu Bufaransa.
Ikipe ya Chelsea yahisemo gutandukana n’uyu mutoza nyuma y’uko yari ikomeje kwitwara nabi muri uyu mwaka w’imikino.
Nko mu mikino itandatu ya shampiyona y’Abongereza iyi kipe imaze gukina, yashoboye gutsindamo bigoranye itatu, itsindwa ibiri mu gihe yanganyije umwe.
Kuri ubu iyi kipe iri ku mwanya wa gatandatu n’amanota 10. Iyi kipe imaze kwinjiza muri shampiyona ibitego umunani mu gihe yo yinjijwe ibitego icyenda.
Ishyano ryacitse umurizo mu ijoro ryakeye ubwo Chelsea yatungurwaga na Dynamo Zagreb, ikayitsindira muri Croatia igitego 1-0 mu mukino wa mbere wo mu tsinda rya UEFA Champions league.
Ni Chelsea ikomeje kwitwara nabi mu gihe iri mu makipe yashoye amafaranga menshi muri iyi mpeshyi igura abakinnyi.
Iyi kipe yashoye arenga miliyoni 200 z’ama-Pounds isinyisha abakinnyi barimo Kalidou Koulibaly, Raheem Sterling, Marc Cucurella, Wesley Fofana na Pierre-Emerick Aubameyang; ibyo ubuyobozi bwayo buheraho buvuga ko igihe cyari cyigeze ngo habeho impinduka.


