Chrstiano Ronaldo yatanze impano yakataraboneka m’ubukwe bw’umuhuza we ku isoko Jorge Mendes

Sangiza iyi nkuru

Kuri iki cyumweru taliki ya 2 Kanama nibwo Jorge Mendes umunya Portugal w’imyaka 49 akanaba umuhuza ku masoko(Agent) w’abakinnyi batandukanye bakomeye ku isi yakoze ubukwe,maze Cristiano Ronaldo wanamugaragiye mu bukwe(Best man) amuha impano y’ikirwa.
2B1081AD00000578-3183893-image-a-65_1438611527053
Mu mugi wa Porto niho ubu bukwe bwa Jorge Mendes na Sandra Barbosa bwabereye,bwari bwitabiriwe n’ibyamamare bitandukanye ku mugabane w’uburayi byiganjemo abakinnyi b’umupira w’amaguru abereye umuhuza.
Mu bigaragara bwari ubukwe bw’akataraboneka,Christiano Ronaldo ndetse na James Rodriguez bari abashyitsi b’imena mu bukwe ari nabo bari bamwambariye.
2B107D6B00000578-3183893-image-m-64_1438611499871
Agashya kaje kuba, n’uko mu gihe cyo guha impono abageni Christiano Ronaldo yatanze impano yatangaje benshi,nyuma yo kuvuga ko yamuguriye ikirwa cyo mu bugereki (greek Island) nk’impano y’ubukwe.
Byabaye ibyishimo bikomeye kuri Jorge Mendes wakoze ubukwe ku myaka 49 ,bwanatumye yisanzura bihagije ku nshuti ze n’abavandimwe haba mu birori ndetse na nyuma yabyo.
2B1082B500000578-3183893-image-a-66_1438611666205
Mendes yahawe igihembo cy’umuhuza mwiza w’abakinnyi ku masoko nyuma yo guhuza Radamel Farcao n’ikipe ya Atletico ,na Jose Mourinho mu ikipe ya Chelsea bikaba byaratumye abakinnyi benshi n’abatoza bamugirira icyizere maze bakemera gufatanya nawe no kumwegurira imishinga yabo.
2B10892C00000578-3183893-image-a-72_1438612201853
Kugeza ubu ni umuhuza ku masoko w’abakinnyi bakomeye barimo James Rodriguez,Jose Mourinho, David de Gea,Radamel Farcao,Angel Di Maria… bose bakaba bari babukereye bataha ubukwe bwe.
Ibindi byamamare byitabiriye ubu bukwe harimo Florentino Perez,Fabio Coentrao,Pepe, Deco ,Jose Bosingwa n’uwahoze ari umutoza wa Manchester United Sir Alex Ferguson(…).
2B0F24B500000578-0-image-m-21_1438602681499
Jorge Mendes yafashije abakinnyi benshi n’abatoza batandukanye kubona amakipe ndetse anabafasha mu kumvikana ku mishahara yabo,akaba ari byo byamugize umukungu ndetse akanaba icyamamare ku isi.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Shimirwa Palemon@Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *