Cibitoke: Haravugwa imyitozo ya gisirikare ihabwa Imbonerakure mbere yo koherezwa muri RDC

Sangiza iyi nkuru

Amakuru aturuka mu gihugu cy’u Burundi aravuga ko hashize ibyumweru bitatu, urubyiruko rw’ishyaka riri ku butegetsi rya CNDD-FDD bahabwa imyitozo ya gisirikare mu Ntara ya Cibitoke (mu majyaruguru y’uburengerazuba bw’u Burundi), aho amakuru avuga ko nyuma yo gutozwa boherezwa muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo. Abaturage ba Cibitoke bvuga ko bafite ubwoba.

“Imyitozo ibera ku kibuga cy’umupira w’amaguru mu ntara. Aho, biga gukoresha intwaro nyuma yo gukora imyitozo ngororamubiri, ” uyu ni umwe mu baturage wavuganye na SOS Media Burundi dukesha iyi nkuru.

Hanyuma, bajya ku musozi wa Cishemere muri komini ya Buganda mu myitozo yo kurasa.

“Baturitsa grenade, barasisha imbunda za mitrailleuses n’izindi mbunda. Biteye ubwoba rwose, ” aba ni abaturage ba Buganda bavugana na SOS Médias Burundi.

Nk’uko amakuru aturuka muri Cibitoke avuga, ngo Imbonerakure zihabwa imyitozo mbere yo koherezwa muri DRC gufatanya kurwana n’abasirikare b’Abarundi boherejwe ku mugaragaro.

Ababyeyi b’urubyiruko rwoherezwa muri Congo ngo bahangayikishijwe n’umutekano wabo. Bagira bati: “dufute ubwoba bw’umutekano w’abana bacu”.

Bati: “Turabizi ko hari Imbonerakure zagiye kurwana muri RDC ariko zitigeze zigaruka. Birashoboka ko bapfuye. Biteye ubwoba rwose “.

Abayobozi b’inzego z’ubuyobozi n’iz’urubyiruko rw’ishyaka rya CNDD-FDD muri Cibitoke bahakana aya makuru nubwo iyi myitozo itangwa ku manywa y’ihangu.

Umuyobozi w’ingabo mu nkambi ya Cibitoke avuga ko imyitozo ya gisirikare itangwa idafite aho ihuriye n’Imbonerakure.

Mu myaka yashize, raporo nyinshi z’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu ku rwego mpuzamahanga ndetse n’igihugu ndetse n’amasoko ya SOS Médias Burundi byemeje ko Imbonerakure ziri ku butaka bwa Congo.

Bivugwa ko imiryango myinshi ifite abayo bapfiriye ku rugamba mu burasirazuba bwa Congo yabujijwe no gukora icyunamo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *