whatsapp_image_2024-03-19_at_08.29_04_ff176790.jpg

Clapton Kibonke na Jacky bibarutse

Sangiza iyi nkuru

Umunyarwenya Mugisha Emanuel wamenyekanye nka Clapton Kibonge muri filime zitandukanye zirimo ‘Seburikoko’ n’izindi, yibarutse umwana wa gatatu.

Amakuru yo kwibaruka kw’aba bombi yamenyekanye binyuze ku mbuga nkoranyambaga za Clapton Kibonge n’umugore we Ntambara Jacky, aho bagaragaje kwishimira uyu mwana w’umuhungu.

Uyu mwana w’umuhungu bibarutse, bahise bamwita ‘Muhisha Nolan’ nk’uko Mama we yabitangaje ku rukuta rwe rwa Instagram.

Uyu muryango wibarutse uyu umwana w’umuhungu nyuma y’imyaka isaga ibiri bibarutse ubuheta na we w’umuhungu.

Muri 2022, Clapton n’umugore we bari bibarutse ubuheta bw’umuhungu waje akurikira imfura yabo y’umukobwa bibarutse muri 2018 nyuma y’amezi abiri barushinze.

whatsapp_image_2024-03-19_at_08.29_04_ff176790.jpgwhatsapp_image_2024-03-19_at_08.29_04_0c413638.jpg

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *