CNDD-FDD irashinjwa kuba inyuma y’amacakubiri akomeje kugaragara mu ishyaka UPRONA

Sangiza iyi nkuru

Nyuma y’umwuka mubi ukomeje kugaragara mu ishyaka UPRONA ryatumye abayoboke baryo batatu bakuru barimo uwahoze ari visi perezida w’u Burundi, Gaston Sindimwo, kuri ubu w’umudepite yirukanwa mu minsi ishize na bagenzi be babiri, biravugwa ko umwiryane uri muri iri shyaka waba urimo guterwa n’ishyaka CNDD-FDD.

Iyi miterere y’amacakubiri mu ishyaka ryashinzwe n’igikomangoma Louis Rwagasore ikomoka ku ikutumvikana kuri hagati y’igice cya Abel Gasatsi, Perezida w’ishyaka n’igice cya depite Gaston Sindimwo na Anicet Niyongabo ku bufatanye n’uruhande rwa Isidore Mbayahaga , umwe mu bagize inama nyobozi y’ishyaka.

Mu by’ukuri, ku ya 7 Gicurasi uyu mwaka, Abel Gasatsi yateguye inama n’abahagarariye intara z’ishyaka bituma hirukanwa abadasigana 3 aribo Gaston Sindimwo, Anicet Niyongabo na Isidore Mbayahaga. Iki cyemezo cyahise cyamaganwa n’abayoboke 521 b’iri shyaka muri salle y’Umujyi wa Bujumbura, ahatorewe perezida w’ishyaka Abel Gasatsi na Gaston Sindimwo, mu Nteko ishinga amategeko. Mu rwego rwo kwanga iki cyemezo, abo banyamuryango 521 bavuze ko icyemezo cyafashwe kinyuranyije n’amategeko, bavuga ko inzego zagifashe zarangije manda yazo.

Ku itariki 10 Gicurasi, nibwo abo bayoboke batatu bavuga ko birukanwe binyuranyije n’amategeko bandikiye ibaruwa minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu n’umutekano.

Impamvu y’iyi baruwa bwa mbere yari ugusobanura ko umuyobozi w’ishyaka Abel Gasatsi yanze kugira icyo akora ku kwihutira gusaba ibiganiro bitavugwaho rumwe n’ubuyobozi bw’ubugenzuzi. Intego ya kabiri yari ugusaba iyi minisiteri gutegura inama yo gutangiza ibi biganiro.

Ibice bitandukanye bya UPRONA biritana ba mwana

Muri iyi baruwa nk’uko tubikesha RPA, yakiriwe na minisitiri Gervais Ndirakobuca kuwa Kabiri, itariki 11 Gicurasi, aba bayoboke batatu ba UPRONA bemeza ko sitati y’ishyaka nta na hamwe yemera inama yahuje ubuyobozi bw’ishyaka n’abahagarariye intara ndetse ikanagaragaza ko icyemezo cyo kubirukana cyafashwe Visi-Perezida adahari.

Kugeza ubu, uruhande rwa Gaston Sindimwo rurashinja Abel Gasatsi kuba ataragaragaje ubushobozi mu gihe cyo kwiyamamaza mu matora yo mu 2020 ndetse no kugurisha rwihishwa ikibanza cya hegitari 40 giherereye mu ntara ya Ngozi, kongeraho gutinyuka icyicaro cy’ishyaka muri iyi ntara.

Ku rundi ruhande, igice gishyigikiye Abel Gasatsi kirashinja Gaston Sindimwo kuba yariyamamaje ashyigikira ishyaka bahanganye ari ryo CNDD-FDD kandi ko uyu mudepite, afatanije na Isidore Mbayahaga na Anicet Niyongabo, bateje kwigomeka ku nzego nyobozi z’ishyaka.

UPRONA itavuga rumwe n’ubutegetsi iratunga urutoki CNDD-FDD

Abayoboke b’ishyaka UPRONA, kuri ubu bari mu buhungiro kuva mu 2015 bavuga ko ibibazo bitandukanye byugarije ishyaka ari imbuto z’ibikorwa by’ishyaka CNDD-FDD bigamije gusenya amashyaka ya politiki y’ingenzi atavuga rumwe n’ubutegetsi nk’uko byatangajwe na Charles Nditije.

Mu itangazo ryashyizweho umukono kandi ryashyizwe ahagaragara ku wa kabiri, tariki ya 11 Gicurasi, “UPRONA y’abatavuga rumwe n’ubutegetsi” yavuze ko ishyigikiye inzira y’ubumwe kandi ishyiraho ibisabwa kugira ngo umuntu yemerwe neza.

Mu gihe habaye kwirukanwa mu ishyaka rye, amategeko agenga amatora ateganya ko manda y’umuyobozi watowe iba impfabusa. Ibi bivuze ko, uku kwirukanwa nikumara kwemezwa, Gaston Sindimwo azahita atakaza umwanya mu Nteko ishinga amategeko.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *